Ruhango: Baribwirumuhungu waregwaga kwica abantu batandatu bo mu muryango umwe yakatiwe gufungwa burundu

Urukiko rwisumbuye rwa Muhanga rwahamije Baribwirumuhungu Steven icyaha cyo kwica abantu 6 bo mu muryango umwe mu Murenge wa Byimana, Akarere ka Ruhango, rumukatira igifungo cya burundu, akazanatanga indishyi z’akababaro zingana na miliyoni 34 n’ibihumbi 400 kuri Ngayaberura Silvestre wiciwe umuryango.

Abandi babiri bakekwagaho ubufatanya barimo Uwayisenga Livin na Mugemanyi Tito bagizwe abere kuko urukiko rwasanze icyaha kitabahama.

Baribwirumuhungu yakatiwe gufungwa burundu.
Baribwirumuhungu yakatiwe gufungwa burundu.

Undi wari muri uru rubanza, ni Simbarubusa Leonidas wo mu Karere ka Ngororero mu Murenge we Sovu wahishe Baribwirumuhungu akanamufasha guhindura amazina, we urukiko rukaba rwamukatiye igifungo cy’imyaka 5.

Mu rubanza rwabaye tariki ya 21/05/2015, Baribwirumuhungu wari yahakanye ibyaha akurikiranyweho, ubushinjacyaha bwamusabiraga igihano cyo gufungwa burundu.

Abareganwaga na Baribwirumuhungu babiri bagizwe abere, undi umwe katirwa imyaka itanu.
Abareganwaga na Baribwirumuhungu babiri bagizwe abere, undi umwe katirwa imyaka itanu.

Urupfu rw’abantu 6 bo mu muryango umwe, rwamenyekanye tariki ya 31 Nyakanga 2014, abishwe bakaba ari abana batanu na nyina wa 6.

Abitabiriye isomwa ry’uru rubanza rwabaye ku wa 20 Gicurasi 2015, bagaragaje ko banyuzwe n’ubwo hari n’abavugaga ko yari akwiye igihano cy’urupfu kitakibaho.

Ubwo hasomwaga urubanza basobanura uko Baribwirumuhungu yishye abantu bo mu muryango umwe, abantu bari bababaye.
Ubwo hasomwaga urubanza basobanura uko Baribwirumuhungu yishye abantu bo mu muryango umwe, abantu bari bababaye.

Eric Muvara

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

abantu bakora amahano nkariya turabamaganye twivuye inyuma

IRAGUHA PLACIDE yanditse ku itariki ya: 21-05-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka