Nsengiyumva François (Igisupusupu) ararekuwe

Kuri uyu wa Kane tariki ya 26 Kanama 2021, urukiko rwisumbuye rwa Nyagatare, rwategetse ko Nsengiyumva François wamenyekanye ku izina rya ‘Igisupusupu’ arekurwa akaburana ari hanze.

Nsengiyumva François (Igisupusupu)
Nsengiyumva François (Igisupusupu)

Rwemeje ibi nyuma y’uko rusanze ibimenyetso byatanzwe n’Ubushinjacyaha nk’impamvu nkomezacyaha ku buryo yaburana afunze nta shingiro zifite.

Ku wa kabiri tariki ya 24 Kanama nibwo urukiko rwisumbuye rwa Nyagatare hifashishijwe ikoranabuhanga rwari rwumvise ubujurire bwe ku cyemezo cyari cyafashwe n’urukiko rwibanze rwa Kiramuruzi cyo kumufunga iminsi 30 y’agateganyo.

Nsengiyumva François Igisupusupu akurikiranyweho icyaha cyo gusambanya umwana w’umukobwa w’imyaka 13 n’icyo gukoresha umwana imirimo ivunanye, aho yari yaramugize umukozi wo mu rugo.

Ni icyemezo yahise ajuririra mu rukiko rwisumbuye rwa Nyagatare, umwanzuro ukaba wasomwe ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane, yemererwa kurekurwa akazajya aburana adafunze.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 7 )

Ntakinanira imana duhhe ibindi bigoma

NIDAWIDI MUTETE yanditse ku itariki ya: 2-04-2023  →  Musubize

IMANA ISUBIRIZA IGIHE.

NIYONZIMA DAVID yanditse ku itariki ya: 23-10-2021  →  Musubize

Niyihangane ntamvura idahita

Emmanuel niyonzima yanditse ku itariki ya: 12-09-2021  →  Musubize

Byiza cyan rwose nagaruke atwihere imizik

Emmanuel niyonzima yanditse ku itariki ya: 12-09-2021  →  Musubize

Imana ikomeze imurinde buriya wasanga yanarenganaga

Papias yanditse ku itariki ya: 28-08-2021  →  Musubize

Imana ntirenganya

Tuganishuri pacifique yanditse ku itariki ya: 28-08-2021  →  Musubize

Ni byiza cyaneee!Buriya bamushakagaho udufaranga amaze kwigirira,abagabo twararenganye peeeee🙏

UWURUKUNDO Alphonse yanditse ku itariki ya: 27-08-2021  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka