Ibyo byavugiwe mu rukiko rwa gisirikare ruri i Nyamirambo kuri uyu wa 18 Ukwakira 2019, ubwo urubanza rwabo rwasubukurwaga, rukaba rwari rwasubitswe ubushize kuko hari havutse inzitizi ivuga ko urwo rukiko rutemerewe kuburanisha abasivili, ariko iyo nzitizi iza guteshwa agaciro, ari yo mpamvu urubanza ari ho rwakomereje.
Ibyaha abo 25 baregwa ni bine ari byo, kwinjira mu mitwe y’ingabo itemewe, kugirana umubano n’ibindi bihugu hagamijwe gushoza intambara, kurema umutwe w’abagizi ba nabi no kugirira nabi ubutegetsi buriho, nk’uko ubushinjacyaha bwabyibukije mu rukiko.
Hakurikiyeho kwisobanura kuri buri wese, urukiko rukaba rwahereye kuri Maj (Rtd) Mudathiru.
Mu kwisobanura kwa Maj (Rtd) Mudathiru, yongeye kwemera ibyaha byose uko ari bine, gusa kuri buri cyaha akaba yagiye avuga ko hari ibyo ubugenzacyaha butasobanuye neza, ariko biza gusobanurwa.
Urugero ni aho ku cyaha cyo kurema umutwe w’abagizi ba nabi ugamije gutera u Rwanda, uregwa yasobanuye ko yemera kurema uwo mutwe ariko ko atigeze avuga ko wari uwo gutera u Rwanda nubwo ngo byashoboraga kuzabaho.
Uwunganira Maj (Rtd) Mudathiru, Me Umulisa Paola, yavuze ko ibyo umukiriya we yavuze yemera ibyaha na we batanyuranya, hanyuma asaba urukiko ko urubanza rwakwihutishwa.
Maj (Rtd) Mudathiru yaje gusubizwa ijambo, avuga ko ibyo ubushinjacyaha bwasobanuye ku byo aregwa muri rusange ari byo, ko abyemera ndetse anabisabira imbabazi.
Urubanza rw’abo 25 bakekwaho gukorana na RNC, rukaba rukiburanishwa ku ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo.
Inkuru zijyanye na: RNC
- Urukiko rwahamije Maj Habib Mudathiru kuba umutoza mukuru w’abarwanyi ba P5
- Maj Habib Mudathiru na bagenzi be barimo gusomerwa
- Maj (Rtd) Mudathiru aravugwaho kuba ku isonga mu bashakishaga abasore bajyanwaga muri P5
- Ubushinjacyaha bwa Gisirikare ntibwemeranya n’abavuga ko bajyanywe mu mitwe y’iterabwoba ku gahato
- Mudathiru na bagenzi be bongeye kwiregura ku cyaha cyo kujya mu mutwe w’iterabwoba
- Ubushinjacyaha bwavumbuye imikoranire y’abasirikare ba RDF na RNC bazaburana mu kwezi gutaha
- Abasirikare ba RDF batangiye kumenyeshwa ibyaha byo gukorana na RNC, FLN
- Abasirikare batanu b’u Rwanda biyongereye ku baregwa kuba muri RNC
- Ubushinjacyaha bwagaragarije abagize P5 uburyo bari biteguye gutera u Rwanda
- Urukiko rwemeje ko 25 bakekwaho gukorana na RNC bafungwa iminsi 30 y’agateganyo (Video)
- Umurundi uri mu bakekwaho gukorana na RNC yasabye ubuhungiro mu Rwanda
- Bamwe mu baregwa gukorana n’umutwe wa RNC baravuga ko batunguwe no kwisanga mu bikorwa bya Gisirikare
- Abakekwaho gukorana na RNC baje kuburana bafite abunganizi
- Urubanza rw’abakekwaho gukorana na RNC rwasubukuwe (Video)
- Urubanza rw’abantu 25 bakekwaho gukorana na RNC rurasubitswe
- 25 bakekwaho gukorana na RNC batangiye kuburanishwa mu rukiko rwa Gisirikare (Video)
Ibitekerezo ( 2 )
Ohereza igitekerezo
|
Muge mureba ingaruka z’intambara.Uyu Habib yari yimereye neza ntacyo abaye.Uretse gufungwa imyaka myinshi,ashobora kuzaba Kajoliti ubuzima bwe bwose.Imana iyo itubuza kurwana no kwicana,ni ku nyungu zacu.War is not the solution to mankind problems.Imana ntabwo yaturemeye kurwana,ahubwo yaturemeye gukundana.Ikindi kandi,abanyarwanda turi abavandimwe.Abashaka intambara,ni ukubera inyungu zabo gusa:Ibyubahiro n’amafaranga.Ariko babigeraho habanje gupfa abantu benshi cyane.Nyamara bakitwaza "akarimi keza",ngo baje kubohora igihugu.Niko inyeshyamba zose zivuga.Umukristu nyakuri,abima amatwi,akanga kubarwanirira.Nkuko Zaburi 5 umurongo wa 6 havuga,Imana yanga abantu bose bamena amaraso y’abandi.Intwaro y’abakristu nyakuri ni Bible.Bayirwanisha bajya mu nzira bakabwiriza abantu gukundana no gushaka Imana,kugirango izaduhe ubuzima bw’iteka muli paradizo.Ariko abakora ibyo itubuza,urugero abarwana,Bible ivuga ko batazaba muli paradizo.Bisobanura ko batazazuka ku munsi wa nyuma wegereje.
ibyo uvuga nibyo rwose ntampamvu z intambara pe turi abavandimwe, ariko wibeshye kuri uwo murongo twese tuzazuka ariko tuzukire ingororano zitandukanye. umwe wese aho agomba kuba bitewe nuko yabaye muri iyi isi. gusa abo bavuga gutera u Rwanda bareke ikinamico barimo, barata umwanya.