Urwego ruzasimbura ICTR rufite intego yo gufata Kabuga, Mpiranya na Bizimana
Urwego mpuzamahanga rushinzwe gukora imirimo izaba isigaye y’urukiko mpanabyaha mpuzamahanga rwashyiriweho u Rwanda (residual mechanism) rufite inshingano yo guta muri yombi Abanyarwanda batatu bakekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994; nk’uko byatangajwe na perezida w’urwo rwego, Theodor Meron.
Mu muhango wo gutangiza urwo rwego wabaye tariki 02/07/2012 ku kicaro cya ICTR Arusha muri Tanzania, Theodor yavuze ko abo Banyarwanda ari Felicien Kabuga wari umucuruzi, Majoro Protazi Mpiranya wari umuyobozi w’umutwe w’ingabo zarindaga Habyarimana na Augustin Bizimana wahoze ari minisitri w’ingabo bose bagishakishwa.
Urwego mpuzamahanga rushinzwe gukora imirimo izaba isigaye y’urukiko mpanabyaha mpuzamahanga rwashyiriweho u Rwanda rwatangijwe ku mugaragaro n’uwungirije umunyamabanga mukuru w’umuryango w’abibumbye ushinzwe amategeko, Stephen Mathias.
Stephen yijeje ubufatanye abacamanza bagize urwo rwego,yibutsa ko rufite inshingano ikomeye yo guta muri yombi abakekwaho Jenoside batarafatwa.
Umushinjacyaha mukuru w’u Rwanda, Martin Ngoga, wari witabiriye uwo muhango wo gutangiza urwo rwego rushya, yavuze ko afite icyizere ko urwo rwego ruzashyiramo imbaraga gushakisha no guta muri yombi abo bagishakishwa kubera uruhare bagize muri Jenoside yakorewe Abatutsi.
Umushinjacyaha mukuru w’u Rwanda yasabye urwo rwego ruzakora akazi kakorwaga na ICTR gushyira mu bikorwa nshingano rwahawe aho kuguma mu magambo gusa.
Martin Ngoga yanasobanuye ko ubushinjacyaha bw’u Rwanda bwakoze ibishoboka kugira ngo abakekwaho Jenoside batarafatwa ngo batabwe muri yombi. Kugeza ubu ubushinjacyaha bw’u Rwanda bwaratanze inyadiko zo kubafata mu bihugu bitandukanye harimo n’igihugu cya Tanzania.
Mu kwezi gushize nibwo abacamanza 9 bagize uru rwego rushya ruzakurikirana abakekwaho Jenoside barahiye. Mu barahiye harimo Umunyakenya Lee Muthoga, Solomy Bossa B.uturuka muri Uganda, Joseph Masanche na C.William H.Sekule bo muri Tanzania.
Kigali Today
Inkuru zijyanye na: Kabuga Félicien
- Raporo y’abaganga ku burwayi bwa Kabuga Félicien bwo kwibagirwa irashidikanywaho
- Abaganga bagaragaje ko Kabuga Félicien atiteguye gukomeza urubanza
- Kabuga Félicien agiye kwitaba Urukiko mu nama itegura urubanza
- Imbere y’Urukiko i La Haye, Kabuga Félicien yavuze amazina ye gusa
- Kabuga Felicien aritaba urukiko bwa mbere nyuma yo kugezwa mu Buholandi
- Félicien Kabuga yajyanywe i La Haye kugira ngo atangire kuburana
- Kohereza Kabuga Arusha cyangwa i La Haye, ubutabera mpuzamahanga burasabwa gufata icyemezo
- Kabuga Félicien azaburanira i La Haye mu Buholandi
- Amazina y’abazaburanisha Kabuga yamenyekanye
- Urukiko rwo mu Bufaransa rwemeje ko Kabuga Felicien ashyikirizwa Urukiko Mpuzamahanga
- Kabuga Félicien ashobora koherezwa i Arusha mu kwezi gutaha
- Filime ivuga ku ruhare rwa Kabuga muri Jenoside yasohotse
- Kabuga Félicien yari afite umuyoboro wagutse umufasha kwihisha ubutabera – Amb. Rugwabiza
- Félicien Kabuga agiye kuburanishirizwa i Arusha
- Mu rukiko, Kabuga yasabye kurekurwa akaba ari kumwe n’abana be
- Kabuga Félicien yahakanye ibyaha ashinjwa
- Imiryango iharanira inyungu z’abarokotse Jenoside irasaba ko Kabuga yoherezwa kuburanira mu Rwanda
- Barasaba ko abafashije Kabuga Félicien kwihisha ubutabera babiryozwa
- Urupfu rwa Bizimana ni igihombo ku butabera – JB Siboyintore
- Bizimana washakishwaga hamwe na Kabuga, byemejwe ko yapfuye muri 2000
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|