Iyi nama yari iyobowe na Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, Prof Sam Rugege, yahagaritse batandatu ku mpamvu zabo bwite, undi wari usanzwe ari umwanditsi w’urukiko yirukanwa kubera impamvu z’amakosa yakoze ariko ntizatangajwe.
Abahagaritswe ni Nyiramikenke Claudine, Cyiza Clement, Nkurunziza Vedaste, Nkundabatware Fred, Mbabazi Judith, Ruranga John na Ngirinshuti Jean Bosco; nk’uko bigaragara mu itangazo ryasohotse tariki 02/07/2012 ryasinyweho n’Umuvugizi w’urukiko rw’ikirenga, Charles Kaliwabo.
Ibindi byemezo byafatiwe muri iyo nama, harimo ikijyanye no kwimurira ku cyicaro gikuru abacamanza batatu barimo Bukuba Claire, Nkurunziza Valens na Mukakarisa Ruth.
Hafashwe kandi icyemezo cyo kuzamura mu ntera Thimothé Kanyegeri, wagizwe Perezida w’Urukiko Rukuru rukorera i Rusizi mu Burengeazuba bw’igihugu.
Emmanuel N. Hitimana
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|