U Rwanda rugiye kurekura bamwe mu bafungiye muri za kasho

Urwego rw’Ubushinjacyaha mu Rwanda rutangaza ko hari abantu bari bafungiye ibyaha muri za kasho bagiye gufungurwa bagakurikiranwa bari hanze mu kwirinda icyorezo cya COVID-19.

Aimable Havugiyaremye, Umushinjacyaha Mukuru (Photo:Internet)
Aimable Havugiyaremye, Umushinjacyaha Mukuru (Photo:Internet)

Itangazo ryashyizweho umukono n’Umushinjacyaha Mukuru, Havugiyaremye Aimabile, rivuga ko bitewe n’ikibazo cy’ubucucike kigaragara muri kasho kandi umubare ugakomeza kwiyongera, hagiye gukorwa amatsinda y’abakurikiranywe n’ubutabera arimo ibyiciro bitatu.

Hari icyiciro cy’abakomeza gufungwa kubera gukurikiranwaho ibyaha bikomeye nk’ubwicanyi, ruswa n’ibyaha bifitanye isano na yo, gusambanya abana, iterabwoba, gucuruza ibiyobyabwenge no gucuruza abantu n’ibindi byaha biremereye.

Hari icyiciro cy’abazarekurwa bamaze gucibwa ihazabu nta rubanza, hakagenderwa ku ngingo ya 25 y’itegeko nomero 027/2019 ryo kuwa 19/9/2019, ryerekeye imiburanishirize y’imanza z’inshinjacyaha.

Hari icyiciro cya gatatu, kigizwe n’abarekurwa bagakurikiranwa bari hanze ariko bagatanga ingwate, kuba ari icyaha ashobora kumvikana n’uwo yahemukiye akaba yakwishyura ibyo yangije, kuba ari amakimbirane yo mu muryango hakaba ubwumvikane.

Hari ukuba ufunze afunganywe n’uruhinja kandi akurikiranywe ari hanze nta kibazo byatera, kuba ufunzwe ari umwana kandi akurikiranywe ari hanze nta kibazo byatera, kuba ufunzwe nta bimenyetso bihagije biragaragara kandi akurikiranywe ari hanze nta kibazo byatera, n’ibindi abashinjacyaha babona bituma ufunzwe yarekurwa.

Iryo tangazo rivuga ko mu guhitamo aba bagomba gufungurwa, ubushinjacyaha buzafatanya na Polisi n’ubugenzacyaha, abazafungurwa bakaba ari abakiri mu maboko ya Polisi n’ubugenzacyaha, abaregewe ubushinjacyaha, hamwe n’abaregewe inkiko basabirwa gufungwa by’agateganyo ariko nta cyemezo cy’urukiko cyari cyafatwa.

Kigali Today ivugana n’umuvugizi w’urwego rw’ubushinjacyaha, Nkusi Faustin, yatangaje ko iyi myanzuro yafashwe kubera ko icyorezo cya COVID-19 cyatumye imwe mu mirimo ihagarara, harimo no kuburanisha kandi abanyabyaha bo bakomeza gufatwa bataburana.

Nkusi avuga ko urutonde rw’abagomba kurekurwa ruzamenyekana tariki ya 3 Mata 2020, ariko ubu umubare w’abagomba kurekurwa utaramenyekana.

Kuva ingamba zo gukumira icyorezo cya COVID-19 zashyirwa ahagaragara harimo inzego zahagaze, ariko ubushinjacyaha bwakomeje imirimo, kubera ibyaha na byo bitahagaze, ariko kubera inkiko zidakora, abantu bakomeza kuba benshi muri za kasho, kandi amabwiriza yo kwirinda icyorezo cya COVID-19 akangurira abantu kwirinda kwegerana no gukoranaho.

Urwego rw’ubushinjacyaha mu Rwanda rugaragaza ko mu mwaka wa 2018 na 2019, rwakiriye amadosiye ibihumbi 45, 444, ariko ayafatiwe umwanzuro yari ibihumbi 45,276, abayakurikiranweho bari abagore ibihumbi 7,076, abagabo 52,368 bose bakaba ibihumbi 59,444.

Ubushinjacyaha buvuga ko mu madosiye yasomwe, ubushinjacyaha bwashoboye gutsinda amadosiye ibihumbi 22,981, naho ayo bwatsinzwe yari ibihumbi 2,547.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka