Abari mu nzego za Leta baza ku mwanya wa kabiri naho ku mwanya wa gatatu hakaza urwego rwa sosiyete sivile; nk’uko bigaragara muri ubwo bushakashatsi bwakozwe mu mwaka wa 2011, mu gihugu hose.
Abikorera akenshi bajyiye bashyirwa mu majwi ko bakunze gukoresha nabi ubushobozi n’ubuhangange baba bafite maze bakaka ruswa ishingiye ahanini ku gitsina kugirango bahe uwo bashaka akazi cyangwa bamuhe indi serivisi yifuza.

Bamwe kandi bakaba bavuga ko impamvu bakunze kurya iyi ruswa ari uko baba bumva ntaho bahuriye na politike bityo bakitwaza ubushobozi bwabo bagakora ibinyuranye n’amategeko.
Abaza ku isonga mu kwaka ruswa ishingiye ku gitsina ni abagabo naho abagore usanga ngo abayaka atari benshi nubwo ubu bushakashatsi bugaragaza ko nabo bahari.
Mu nzego zose ubu bushakashatsi bugaragaza ko iyi ruswa iri ku ijanisha rya 84,5% ku bagore, naho ku bagabo ikaba iri ku 15,5%.

Senateri Mukasine Marie Claire uyoboye ihuriro rishinzwe kurwanya ruswa mu nteko ishinga amategeko, atangaza ko ubufatanye bw’inzego zitandukanye aribwo buzatuma ruswa ishingiye ku gitsina icika kuko ngo hari byinshi barwanije kandi bikomeye kandi bigacika bityo rero ngo iyi ruswa siyo izabananira.
Nyamara nubwo biyemeje kuyirwanya bavuga ko bigoye cyane kuyirwanya kuko basanze abakwa iyi ruswa batinya kugaragaza ko bayatse ndetse n’ababashije kuyigaragaza bakabivuga bitinze.
Gerard GITOLI Mbabazi
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|