Rusizi: Ukuriye Ubugenzacyaha yafashwe yakira ruswa

Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko umukozi ukuriye Ubugenzacyaha mu Karere ka Rusizi witwa Kabanguka Jules yafashwe yakira ruswa y’amafaranga ibihumbi magana atatu (300,000frw) kugira ngo afashe gufungura umuntu ufunze akekwaho icyaha cy’ubugome.

RIB yashimiye abatanze amakuru kugira ngo Kabanguka ashobore gufatwa, inibutsa ko itazihanganira uwo ari we wese uzishora muri ruswa kuko ari icyaha kimunga igihugu.

Kabanguka Jules afungiye kuri sitasiyo ya Kamembe mu gihe dosiye ye irimo gutegurwa kugira ngo ishyikirizwe Ubushinjacyaha.

Urwego rw’Ubugnzacyaha (RIB) rusaba umuntu wese ufite amakuru kuri ruswa, ko yahamagara ku murongo utishyurwa 2040 bityo akaba atanze umusanzu we mu kubaka igihugu kizira ruswa.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 3 )

UYU MUGABO KABANGUKA YARENGANYIJE BENSHI NANGE YANSABYE RUSWA NDAYIBURA BIRANGIRA AMFUNZE
ARASEBYA URWEGO AHAGARARIYE

Emmy yanditse ku itariki ya: 27-05-2021  →  Musubize

Jules nubundi abaaturage twamukemangaga pee! Kuko wabonaga mukazi ke arobanura kubutoni kandi rwose abiryozwe byintanga rugero kuburyo nundi muyobozi wese aboneraho murakoze.

Teddy yanditse ku itariki ya: 25-05-2021  →  Musubize

Niga mu NDANGABUREZI TVET iherereye mu karere ka RUHANGO twifuzaga ko mwadukorera ubuvugizi kuko bari kongeza amafaranga y’ishuri twabaza impamvu bakanga kudusobanurira ndetse barikutwishuza amafaranga y’imenyereza mwuga (stage) tutakoze mudukorere ubuvugizi

Ni NGABO JOHN yanditse ku itariki ya: 25-05-2021  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka