RIB yamaze kohereza dosiye ya Prince Kid mu Bushinjacyaha

Iperereza ry’ibanze ryakozwe n’Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) ryagaragaje ko Ishimwe Dieudonné uzwi nka Prince Kid akekwaho ibyaha bitatu ari byo gukoresha undi imibonano mpuzabitsina ku gahato, gusaba cyangwa gukora ishimishamubiri rishingiye ku gitsina no guhoza undi ku nkeke bifitanye isano n’imibonano mpuzabitsina.

Ishimwe Dieudonné
Ishimwe Dieudonné

Ibi byatangajwe n’Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha Dr. Murangira B. Thierry, mu kiganiro yagiranye na RBA.

Ishimwe Dieudonné asanzwe ayobora ikigo gitegura irushanwa rya Miss Rwanda cyitwa ‘Rwanda Inspiration Backup’.

Yafashwe tariki 26 Mata 2022, afungirwa kuri sitasiyo ya RIB y’i Remera mu Mujyi wa Kigali.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

buriwe se yihutira kuvuga ibyiwe ese kuki ibinu byose byamujyaho

Eric yanditse ku itariki ya: 12-05-2022  →  Musubize

Hekugira umutera amabuye.Abantu bashurashura ni millions nyinshi.Nicyo gitera za Gatanya nyinshi muli iki gihe.Kuba imana yaturemye itubuza gusambana,ntacyo bibwiye abantu.Babikora mu rwego rwo kwishimisha.Ni icyaha kizatuma batabona ubuzima bw’iteka no kuzuka ku munsi wa nyuma.

rutonesha yanditse ku itariki ya: 5-05-2022  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka