RDF yatangiye iperereza ku byaha byakozwe n’abasirikare

Urwego rw’Ubushinjacyaha mu Ngabo z’u Rwanda (MPD) ruratangaza ko rwatangije iperereza ku byaha byo guhohotera abaturage byakozwe na bamwe mu basirikare bafite imyitwarire mibi.

Ibyo byaha byakorewe i Nyarutarama mu Murenge wa Remera w’Akarere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali mu byumweru bibiri bishize.

Ubushinjacyaha bwa Gisirikare buravuga ko abasirikare batanu bakekwaho ibyo byaha bafashwe bagafungwa.

Igisirikare cy’u Rwanda kirizeza abaturage ko ubutabera buzatangwa, kandi ko urubanza rwabo ruzaburanishirizwa mu ruhame

Iigisirikare cy’u Rwanda gitangaza ko kidashyigikiye ihutazwa ry’amategeko, cyangwa kurenga ku ndangagaciro z’igisirikare cy’u Rwanda, bikorwa n’abakozi bacyo, kandi kikizeza ko gishyize imbere ubutabera, umutekano no gufasha abaturage bagizweho ingaruka.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Leta yacu dushyigikiye uburyo idatuma hari umuturage numwe warengana. Nimba hari uwo barenganije rwose bazabahe igihano kibakwiriye bityo n’ abandi batekereza nkabo babonereho.Murakoze.

Mukandayisenga Françoise yanditse ku itariki ya: 6-04-2020  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka