Mukantaganzwa azanye gahunda yo kwigisha Abanyarwanda amategeko

Mu ngamba Perezida mushya wa Komisiyo yo kuvugurura Amategeko (Law Reform Commission), Domitilla Mukantaganzwa avuga ko azanye, harimo gufatanya n’abaturage gutora amategeko ndetse no kuyabigisha.

Mukantaganzwa yahererekanyije ububasha na Havugiyaremye wagizwe Umushanjacyaha Mukuru
Mukantaganzwa yahererekanyije ububasha na Havugiyaremye wagizwe Umushanjacyaha Mukuru

Mukantaganzwa agira ati "Hari ikintu kijya kivugwa ngo nta muntu wemerewe kutamenya itegeko (nul n’est censé ignorer la loi), ariko iyo utashyizeho ingamba zituma abantu bamenya amategeko, uba ubahohoteye. Nkaba numva gushyiraho uburyo Abanyarwanda bamenya amategeko y’igihugu ndetse bakayigishwa, ari uburyo buzaganirwaho".

Ku wa 04 Ukuboza 2019 nibwo Mukantaganzwa Domitilla yabonye ibaruwa imumenyesha ko yagizwe Perezida wa Komisiyo Ishinzwe Ivugururwa ry’Amategeko.

Mukantaganzwa yasimbuye Aimable Havugiyaremye kuri uwo mwanya, kuko na we yari amaze kugirwa Umushinjacyaha Mukuru wa Repubulika.

Mukantaganzwa yijeje ko Abanyarwanda bagiye kujya bakurikiza amategeko bitoreye kandi bazi neza
Mukantaganzwa yijeje ko Abanyarwanda bagiye kujya bakurikiza amategeko bitoreye kandi bazi neza

Bombi bakoze ihererekanyabubasha kuri uyu wa mbere tariki 09 Ukuboza 2019, imbere ya Minisitiri w’Ubutabera akaba n’Intumwa Nkuru ya Leta, Johnston Busingye.

Havugiyaremye avuga ko Perezida wa Repubulika yashishoje mu gushyira Mukantaganzwa ku buyobozi bwa Komisiyo yo kuvugurura amategeko, kuko ngo ari umukozi ushoboye.

Mukantaganzwa wayoboye Inkiko Gacaca kuva aho zitangiriye gukora muri 2003 kugera ubwo zarangirije imirimo muri 2012, ntabwo yongeye kugaragara cyane mu itangazamakuru hagati aho.

Leta y’u Rwanda ishima Inkiko Gacaca ivuga ko zabaye igisubizo cy’ubutabera, kuko ngo zaciye imanza zikabakaba miliyoni ebyiri mu gihe cy’imyaka 10 zamaze.

Minisitiri Busingye avuga ko ibi ari ibintu bikomeye cyane Mukantaganzwa yibukirwaho.

Ati "Ubu Gacaca irahari, iri mu magambo azwi ku isi iyo ushakishije mu ikoranabuhanga, kuri ubu amahanga arimo kuza kureba ibyo Abanyarwanda bakora, ariko kera yazaga kureba Gacaca gusa".

Mukantaganzwa yatangiye akazi mu biro bya Komisiyo yo kuvugurura amategeko kuva kuri uyu wa mbere
Mukantaganzwa yatangiye akazi mu biro bya Komisiyo yo kuvugurura amategeko kuva kuri uyu wa mbere

Havugiyaremye wayoboraga Komisiyo yo kuvugurura amategeko, avuga ko asigiye Mukantaganzwa umushinga wo gukuraho amategeko arenga 700 ya nyuma y’ubwigenge atagifite agaciro.

Iyi komisiyo kandi ivuga ko yashyizeho uburyo bushya bwo gutora amategeko, aho nta tegeko ngo rizajya ritorwa ritabanjirijwe n’ubushakashatsi, ndetse ko ari yo mpamvu hazakurwaho amategeko adasobanutse.

Komisiyo yo kuvugurura amategeko inafite umushinga w’Itegeko risobanura andi mategeko, kugira ngo abantu bayumve kimwe, ngo bizafasha imanza gucibwa uko bikwiye.

Abakozi ba Komisiyo yo kuvugurura amategeko bakiriye Mukantaganzwa
Abakozi ba Komisiyo yo kuvugurura amategeko bakiriye Mukantaganzwa
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka