Iperereza rya RIB ku rupfu rwa Kizito Mihigo ryagaragaje ko yiyahuye
Ubushinjacyaha bukuru bwakiriye Raporo itanzwe n’urwego rw’Igihugu Rushinzwe Ubugenzacyaha (RIB) ku iperereza ku rupfu rwa Kizito Mihigo rwabaye tariki ya 17 Gashyantare 2020, rwabereye aho yari afungiye i Remera kuri Sitasiyo ya Polisi, i Kigali.

Iyo raporo igaragaza ibyavuye mu iperereza ry’aho urwo rupfu rwabereye, raporo y’isuzuma ry’umurambo (Medical – Legal Autopsy Report) yakozwe na Rwanda Forensic Laboratory (iyo raporo ikaba yeretswe umuryango we) n’ibyavuye mu ibazwa ry’abantu babajijwe.
Iperereza ry’aho urwo rupfu rwabereye rigaragaza ko umurambo wa Kizito Mihigo wasanzwe umanitse kuri grillage y’idirishya ry’icyumba yari afungiyemo, uhambiriye mu ijosi n’umugozi ukozwe mu gice cy’ishuka yiyorosaga.
Raporo y’isuzuma ry’umurambo (Medical – Legal Autopsy Report) yakozwe na Rwanda Forensic Laboratory igaragaza ko icyateye urwo rupfu ari kubura umwuka , gushobora guterwa no kuba yariyahuye yimanitse.
Abantu babajijwe harimo Abapolisi bari barinze aho Kizito Mihigo yari afungiye, bahamya ko batashoboraga kumva ibibera mu cyumba Kizito Mihigo yari afungiyemo, bitewe n’uko bagaragaje ko hagati y’aho bari bicaye n’icyumba Kizito Mihigo yari afungiyemo hari intera itatuma bumva ibyabaye.
Itangazo ryashyizweho umukono n’Umushinjacyaha Mukuru, Havugiyaremye Aimable, riravuga ko nyuma yo gusesengura byimbitse raporo yatanzwe na RIB ku iperereza ku rupfu rwa Kizito Mihigo, Ubushinjacyaha Bukuru busanga urupfu rwa Kizito Mihigo rwaratewe no kwiyahura yimanitse , bityo bugasanga nta kurikiranacyaha ryabaho kuri urwo rupfu.
Inkuru zijyanye na: Kizito Mihigo
- Kizito Mihigo yapfuye yiyahuye - Polisi
- RIB yemeje ko Kizito Mihigo yatawe muri yombi
- Amashimwe ni yose kuri Kizito na Ingabire Victoire bakijijwe Gereza
- Kizito Mihigo na Ingabire Victoire bahawe imbabazi
- Kizito Mihigo yasabiwe gufungwa burundu
- Mama wa Kizito Mihigo ntabwo arwaye
- Kizito n’abo baregwana ibyaha by’iterabwoba n’ubugambanyi bakatiwe gufungwa iminsi 30
- Kizito Mihigo nabo bareganwa bireguye ariko bataha batazi niba bazafungwa iminsi 30
- Minisitiri Mitali yagize icyo atangaza ku itabwa muri yombi ry’umuhanzi Kizito Mihigo
- Kizito Mihigo ariyemerera ko yakoranaga na RNC na FDLR
- Umuhanzi Kizito Mihigo arakekwaho ibikorwa byo guhungabanya umutekano w’igihugu
- Ngoma: Kizito Mihigo yabasusurukije anabakangurira kuzitabira amatora
- Kirehe: Kizito Mihigo yakoze igitaramo cyo gutegura amatora y’abadepite
- Kizito Mihigo, Sophia na Fulgence basusurukije Abanyagakenke
- Nyamagabe: KMP irasaba urubyiruko kugira umuco w’amahoro n’ubwiyunge
- Ubumuntu ntibugomba gupfobywa n’ubumuga-Umuhanzi Kizito Mihigo
- Kizito Mihigo yashyize ahagaragara indirimbo yahimbiye ikigega AgDF
Ohereza igitekerezo
|
Yaraziko bazamukatira 10
imana niyo izasobanura byose
Eeh, ni urujijo pe, buriya se ubwo, iryo dirishya riteye muri metero zingahe?
Nonese iby ibisebe ngo basanze afite mu maso abagiye kumushyingura, byo iperereza rirabisobanura gute. Ni amayobera, Imana imubabarire ibyo yacumuye imwakire mu bwami bwayo, ikomeze umuryango we by umwihariko, ikomeze n’abanyarwanda bose nta wangaga uriya muhungu, ku banyarwanda benshi yari imfura kdi afite impuhwe n’urukundo.