
Akarere ka Burera gaherereye mu Majyaruguru y’igihugu
Yatawe muri yombi ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu tariki 12 Ukuboza 2018, nyuma yo guhabwa ayo mafaranga n’umuturage yari yemereye serivisi.
Mbabazi Modeste umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rushinzwe Ubushinjacyaha (RIB), yatangarije Kigali Today ko iperereza rigikomeje.
Yakomeje ati “Kugira ngo umuturage aze gusaba serivisi afitiye uburenganzira hanyuma umuyobozi wakabaye amufasha akazimuha akabanza kumusaba ikiguzi cyayo, kugira ngo abone ayo abanza gushyira mu mufuka. Ubwo nta bunyangamugayo burimo, ni ugutana kuko Service zitangwa n’inzego z’ubuyobozi ntizigurishwa."
Ngo iyo ruswa yayihawe n’umuturage kugira ngo adasenyerwa inzu yari yarubatse mu buryo butemewe n’amategeko.
Aya makuru turakomeza tuyabakurikiranire.
Ohereza igitekerezo
|