Benshi bibuka kugana Abavoka ibibazo byabakomeranye

Abunganizi mu by’amategeko bazwi nk’‘abavoka’ bavuga ko abantu babibuka ari uko bamaze kugera mu bibazo bakagombye kuba baririnze hakiri kare.

Umuvunnyi mukuru Anastase Murekezi yifatanije n'abavoka mu birori byabo
Umuvunnyi mukuru Anastase Murekezi yifatanije n’abavoka mu birori byabo

Gukurikirana ibibazo abantu bakabaye baririnze rugikubita ni zimwe mu mbogamizi Abavoka bavuga ko bagihura nazo, muri iki gihe cyo kwizihiza imyaka 20 urugaga rwabo rumaze rushinzwe mu Rwanda.

Me Julien- Gustave Kavaruganda, Perezida w’Urugaga rw’Abavoka mu Rwanda (RBA), yabitangaje ubwo urwo rugaga rwizihizaga isabukuru kuri uyu wa Mbere tariki 27 Ugushyingo 2017.

Ati “Usanga akenshi babagana ari uko bafunzwe baguze isambu mu buryo butubahirije amategeko cyangwa se basabwe gukurikiranwaho ibyaha by’imisoro.

“Avoka agishwa inama igihe cyose yaba mu gushaka ko agukorera amasezerano ukumira ko havuka ibibazo byakugiraho ingaruka.”

Abayobozi banyuranye barimo Johnston Busingye bakase umugati
Abayobozi banyuranye barimo Johnston Busingye bakase umugati

Me Kalinganire Ignace Steven, umwe mu bagize urugaga rw’Abavoka avuga ko abantu bakwiye kubafata nk’abajyanama mu by’amategeko, kuko birinda abantu kujya mu nkiko.

Ati “Avoka ni ugira inama abantu uko bakwirinda ibibazo bishobora kuvuka kandi bikabagiraho ingaruka.Ni ugira inama abantu mu gushinga ibigo by’ubucuruzi no kubafasha gukemura ibibazo bitagiye mu nkiko byananirana akaba yagana inkiko.”

Abavoka bo hirya no hino ku isi bari baje kwifatanya na bagenzi babo bo mu Rwanda mu isabukuru
Abavoka bo hirya no hino ku isi bari baje kwifatanya na bagenzi babo bo mu Rwanda mu isabukuru

Uwo Munyamategeko agira inama abaturage kwita ku mategeko bakayagiraho ubumenyi bw’ibanze, kuko nta wavuga ko atayazi mu gihe agiye kumuhana ngo azabibonemo inyungu.

Mu myaka 20 ishize urugaga rw’Abavoka bo mu Rwanda,ruvuga ko twateye imbere n’abigitsina gore bakaruyoboka,ubu rukaba rufite abanyamuryango 1.200 hirya no hino mu gihugu.

Abavoka hirya no hino mu gihugu bitabiriye ibirori by'isabukuru yabo
Abavoka hirya no hino mu gihugu bitabiriye ibirori by’isabukuru yabo
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka