Bagirishya Jado Castar yakatiwe gufungwa imyaka ibiri

Visi-Perezida wa kabiri w’ishyirahamwe ry’umukino wa Volleyball mu Rwanda (FRVB) ushinzwe amarushanwa, Bagirishya Jado Castar, yakatiwe igifungo cy’imyaka ibiri ashinjwa gukoresha inyandiko mpimbano.

Bagirishya Jean de Dieu
Bagirishya Jean de Dieu

Urukiko Rwisumbuye rwa Gasabo ku wa Gatatu tariki 13 Ukwakira 2021 rwasomye urubanza ruregwamo Bagirishya Jean de Dieu uzwi nka Jado Castar, aho ashinjwa gukoresha inyandiko mpimbano mu gikombe cya Afurika cy’abagore muri Volleyball giheruka kubera mu Rwanda.

Urukiko rwafashe umwanzuro wo gufunga imyaka ibiri Jado Castar wari wemeye ibyaha aregwa.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka