Abavoka 21 bahagaritswe hashingiwe ku makosa y’umwuga bakoze

Me Thierry Kevin Gatete uzwi ku mazina ya Gatete Nyiringabo Ruhumuliza, ari mu Bavoka 21 bahagaritswe na Komisiyo ishinzwe imyitwarire y’Abavoka, hashingiwe ku byemezo by’iyo Komisiyo yateranye mu kwezi kwa Nyakanga 2025 igasuzuma ndetse igafata umwanzuro kuri dosiye z’Abavoka bakoze amakosa y’umwuga.

Abo Bavoka ntibafite uburenganzira bwo kugira uwo bunganira muri icyo gihe bahagaritswemo. Me Gatete yahagaritswe mu gihe cy’imyaka ibiri. Harimo n’abahagaritswe mu gihe cy’amezi atandatu.

Harimo kandi Me Gatama Cassien wahagaritswe mu gihe kitagaragajwe (Radiation) bisobanuye ko ari nk’aho yahagaritswe burundu mu mwuga. Nyuma y’imyaka itanu nibwo ashobora gusaba gusubizwa mu mwuga, hakabaho gusuzuma ubusabe bwe.

Abandi bahagaritswe, mu gihe bazaba barangije ibihano bahawe, na bo bashobora kwandikira Inama y’Urugaga rw’Abavoka (Conseil de l’Ordre) bayisaba gusubizwa mu mwuga, igasuzuma ubusabe bwabo.

Ibitekerezo   ( 3 )

Mwiriwe! Turifuza yuko Avocat Silas Ruberwa yakurikiranwa kuri dossier ifite Numero : RS/REV/RC 00001/2023 /TGI/HYE y’akarengane ishingiye kunyandiko mpimbano yakoreshejwe mukutunyaga umutungo wacu ndetse n’urwego rwa Rwanda Forensic laboratory rurabihamya muri raport yarwo yagaragaje. Uyu Avocat yishuwe amafranga kugirango atuburanire arangije yivana murubanza atubwira yuko twazamurega aho dushaka ko kuburana abizi ndetse na dossier twamuhaye yanga kuyidusubiza irimo za copies original ziyo dossier. Ibimenyetso byose birahari bishingiye kubyo mbabwiye. Turasaba yuko yabibazwa kuko byatugizeho ingaruka bitewe nuko we yarafite access kuri IECMS ariko ntaduhe amakuru nyayo ajyanye nurwo rubanza twaburanaga ahubwo akadushyinyagurira.

Murakoze

Alias yanditse ku itariki ya: 9-03-2026  →  Musubize

Nonese nigute umuntu ukeneye umu avoka amenya niba atarahagaritswe? Kuko tubishyura mbere harigihe wamwishyura mwagera mu Rukiko ugasanga yarahagaritswe.

Didi yanditse ku itariki ya: 8-08-2025  →  Musubize

Muduhe list yabo kugirango tubamenye tutazabaha akazi

Uwamahoro Jacques yanditse ku itariki ya: 8-08-2025  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka