Abagore benshi mu buyobozi ni umuti w’ibibazo bagenzi babo bahura nabyo - Perezida Kagame

Perezida Paul Kagame asobanura ko kongera umubare w’abagore mu nzego zifata ibyemezo ari inyungu ku bandi bagore, kuko bigira uruhare mu gucyemura ibibazo bahura nabo muri rusange.

Umubare munini w'abagore ugaragara mu nzego zose ndetse no mu butabera
Umubare munini w’abagore ugaragara mu nzego zose ndetse no mu butabera

Yabitangaje ubwo yatangizaga umwaka w’ubucamanza wa 2018/2019, kuri uyu wa Gatanu tariki 19 Ukwakira 2018.

Perezida Kagame yavuze ko guverinoma idapfa gushyira abagore benshi mu buyobozi kugira ngo imibare y’iyongere, ahuwbo ko biba bifite aho bihuriye ko ari bo bagira uruhare runini mu gukemura ibibazo bagenzi babo bahura nabyo cyane cyane ihohoterwa.

Yagize ati "Niba hari ibibazo by’umwihariko bireba abakobwa n’abagore, iyo abakobwa n’abagore bagiye mu nzego z’ubuyobozi umubare wiyongereye, bahawe ibikoresho byose bikenewe, mwabikoresheje mugahindura (ibibazo bagenzi banyu bahura nabyo)."

Perezida Kagame na bamwe mu bayobozi bo mu nzego z'ubutabera
Perezida Kagame na bamwe mu bayobozi bo mu nzego z’ubutabera

Yavuze ko bitabujije ko n’abagabo badakwiye kumva ko badafitei izo nshingano. Yavuze ko bikwiye gukorwa mu bufatanye ku mpande zombi.

Mu Mwaka w’Ubucamanza ushize wa 2017/18, imanza zagejejwe mu nkiko zose zigera kuri 63,360, muri zo, 65% zari imanza nshinjabyaha.

Urwego rw’Abunzi narwo rwakomeje kugira uruhare rugaragara mu iterambere ry’urwego rw’ubucamanza, Perezida Kagame yasabye ko urwo rwego rwakoreshwa cyane mu kurangiza ibibazo hagati y’abaturage

Mu birego 13,919 byagejejwe ku Bunzi, ibigera kuri 11,861 bingana na 85% byakemutse bitagombye kugezwa mu nkiko.

Umwaka w'ubutabera wa 2018/2019 watangijwe kuri uyu wa Gatanu tariki 19 Ukwakira 2018
Umwaka w’ubutabera wa 2018/2019 watangijwe kuri uyu wa Gatanu tariki 19 Ukwakira 2018
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka