Turashaka ko inyubako za Kaminuza zijyana n’icyerekezo cy’umujyi wa Huye - Minisitiri Uwamariya

Nyuma y’uko muri 2018 inzu za kaminuza y’u Rwanda zishaje zatangiye kuvugururwa, Minisitiri w’Uburezi, Dr Valentine Uwamariya, avuga ko iz’i Huye bari kuzivugurura banakora ku buryo zijyana n’icyerekezo cy’umujyi zubatsemo.

Yabigarutseho ubwo tariki 3 Nzeri 2020 yagendereraga ishami rya Kaminuza y’u Rwanda ry’i Huye, akagera ahari inzu zamaze kuvugururwa ndetse n’izindi bigaragara ko ari zo zitahiwe kuvugururwa.

Basuye inyubako zitandukanye za kaminuza
Basuye inyubako zitandukanye za kaminuza

Amaze gusura izi nzu zose yagize ati “Huye ni umujyi wa kabiri, kandi kaminuza ya Huye ifitemo ibikorwa byinshi. Ibyo bikorwa rero bikwiye kujyana n’icyerekezo cy’igihugu ndetse n’icyerekezo cy’umujyi wa Huye.”

Yunzemo ati “Turi kurebera hamwe n’inzego zitandukanye icyakorwa kugira ngo ibikorwa remezo by’i Huye byo ku ruhande rwa kaminuza bijyane n’icyerekezo cy’igihugu ndetse n’icy’umujyi wa Huye.”

Inzu za Kaminuza y’u Rwanda ziri mu mujyi i Huye zirashaje muri rusange, ari na yo mpamvu zikwiye kuvugururwa. Uretse ko hari n’izasonzwe no kumara igihe zidakoreshwa, urugero nk’amacumbi y’abarimu.

ubwiherero mbere na nyuma yo gusanwa
ubwiherero mbere na nyuma yo gusanwa

Muri rusange, kuvugurura inzu za Kaminuza y’i Huye byagombaga gutwara hafi miliyari icyenda, byatumye hemezwa ko bizakorwa mu byiciro.

Icyiciro cya mbere cy’iri vugurura cyatangiye mu mwaka wa 2018. Cyibanze ku kuvugurura amacumbi y’abanyeshuri. Kuyavugurura byarangiye bitwaye miliyari n’igice y’amafaranga y’u Rwanda.

Zimwe mu nyubako zamaze kuvugururwa
Zimwe mu nyubako zamaze kuvugururwa

Biteganyijwe ko muri uyu mwaka w’ingengo y’imari wa 2020-2021 hazavugururwa za Laboratwari n’amashuri, bikazatwara miliyari eshatu n’igice y’amafaranga y’u Rwanda. Imirimo iri hafi gutangira kuko kontaro n’abazavugurura izi nyubako iri hafi gukorwa.

Inyubako zizaba zisigaye zose, harimo n’amacumbi y’abakozi ba Kaminuza, zo zizavugururwa mu cyiciro cya gatatu. Biteganyijwe ko na zo zizatwara miliyari eshatu n’igice.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka