Abarimu bigisha abafite ubumuga bwo kutabona ntiboroherwa no kubabonera ibitabo bigiramo

Abarimu bigisha abafite ubumuga bwo kutabona bo mu ishuri ry’abafite ubumuga bwo kutabona ry’i Kibeho mu Karere ka Nyaruguru (Education Institute for Blind Children Kibeho), bavuga ko bitaborohera kubakorera ibitabo bigiramo kuko biza byanditse mu nyandiko isanzwe.

Abiga mu kigo cy'abafite ubumuga bwo kutabona i Kibeho babasha gusoma inyandiko ziri muri word bifashishije udukoresho twitwa Orbit
Abiga mu kigo cy’abafite ubumuga bwo kutabona i Kibeho babasha gusoma inyandiko ziri muri word bifashishije udukoresho twitwa Orbit

Alphonse Bikorimana uhigisha amateka, avuga ko ikoranabuhanga ryari ryoroheje kwiga ku banyeshuri kuko bafite udukoresho bita Orbit bifashisha mu gusoma ibyanditse muri word.

Imbogamizi bagira ziterwa no kuba ibitabo byo kwigiramo REB ishyira ku mbuga zayo kugira ngo byifashishwe mu gihe ibicapye bitaraboneka, biba biri muri PDF, nyamara ibikoresho abanyeshuri bafite ubumuga bwo kutabona bifashisha basoma kugeza ubu bikaba byanditse muri word.

Agira ati "PDF kuyishyira muri word kugira ngo isomeke biragorana cyane. Bisaba kongera kubishyira ku murongo, ukuramo amashusho, bikagufata igihe kinini."

Abayobozi basuye ishuri ry'abafite ubumuga bwo kutabona ry'i Kibeho (Education Institute for Blind Children Kibeho)
Abayobozi basuye ishuri ry’abafite ubumuga bwo kutabona ry’i Kibeho (Education Institute for Blind Children Kibeho)

Avuga ko no kugira ngo abana batabona neza, biganjemo abafite ubumuga bw’uruhu babashe gusoma, bisaba gufata inyandiko ubusanzwe ziba zanditse mu nyuguti z’urugero rwa 12 bakazishyira byibura kuri 14 kuko ibitoya batabibona.

Ku bw’ibyo, gutegura ibyo baha abanyeshuri birabagora kubera ko baramutse bakoze inshamake abana batabasha kubona ubumenyi buhagije, cyane ko bo batabasha kwisomera ibitabo babisanze nko mu isomero nk’uko bigenda ku badafite ubumuga bwo kutabona.

Bikorimana ati "Ntiwakwigisha ibiri mu gitabo byose, ariko bidusaba gutegura amasomo atari mu nshamake, ahubwo arimo ibintu byinshi kuko umwana nta gitabo aba ari bubone."

Umunsi w'abafite ubumuga wijihirijwe i Kibeho tariki 3 Ukuboza 2024
Umunsi w’abafite ubumuga wijihirijwe i Kibeho tariki 3 Ukuboza 2024

Yungamo ati "Bisaba ko mwarimu akora cyane, akabategurira ibintu bifatika, birimo iby’ingenzi byuzuye umwana azabasha gusoma agasobanukirwa. Bitandukanye n’uko umwana ubasha kureba agenda agafata igitabo agasoma, akunguka byinshi byiyongera ku byo yize."

Bikorimana kandi avuga ko iki kibazo bigeze kukigeza kuri REB, babemerera kuzabazanira ibitabo byanditse mu nyandiko zisomwa n’abafite ubumuga bwo kutabona, ariko amasomo y’amateka ahita ahinduka.

Ati "Byasubije ibintu irudubi. Ubu uretse natwe, n’ibigo bindi ntibirabona ibitabo."

Abanyeshuri biga mu ishuri ry’abafite ubumuga bwo kutabona ry’i Kibeho, na bo bavuga ko bifuza gusoma cyane, ntibabashe kubigeraho kubera ko ibyanditse mu nyandiko babasha gusoma ari bikeya.

Emmanuel Ndayisaba, umunyamabanga nshingwabikorwa w'inama y'Igihugu y'abafite ubumuga avuga ko n'imashini zicapa ibyamaze kwandikwa mu nyandiko abatabona babasha gusoma zigenda gahoro
Emmanuel Ndayisaba, umunyamabanga nshingwabikorwa w’inama y’Igihugu y’abafite ubumuga avuga ko n’imashini zicapa ibyamaze kwandikwa mu nyandiko abatabona babasha gusoma zigenda gahoro

Joséline Mushimiyimana wiga amateka, ubumenyi bw’isi n’ubuvanganzo, akaba mu bakenera inyandiko nini kuko areba gakeya, ati "Tugeze mu mwaka wa gatanu, na n’ubu ntiturabona ibitabo. Ibitabo ntibihagije."

Akomeza agira ati "Tuba dukeneye n’ibitabo by’inkuru ndende (novels) zivuga nko ku bantu babaye intwari ndetse no ku kuntu abantu babayeho, ariko ntabwo tubibona."

Jean de Dieu Niyonzima wiga mu mwaka wa kane w’indimi n’ubuvanganzo na we ati, "Ibitabo dusoma biracyari bikeya. Kubishyira mu nyandiko yacu biragoranye."

Jean de Dieu Niyonzima, ufite ubumuga bo kutabona, uherutse guhembwa muri 5 ba mbere bagize amanota meza mu bizamini bisoza icyiciro rusange, na we yifuza ko babona ibitabo bihagije babasha gusoma ngo biyungure ubwenge
Jean de Dieu Niyonzima, ufite ubumuga bo kutabona, uherutse guhembwa muri 5 ba mbere bagize amanota meza mu bizamini bisoza icyiciro rusange, na we yifuza ko babona ibitabo bihagije babasha gusoma ngo biyungure ubwenge

Tariki 3 Ukuboza 2024, umunsi mukuru w’abafite ubumuga wizihirijwe i Kibeho, ndetse abayobozi bari bawitabiriye bagenderera iryo shuri, banagaragarizwa izo mbogamizi.

Emmanuel Ndayisaba, umunyamabanga nshingwabikorwa w’inama y’Igihugu y’abafite ubumuga, avuga ko na bo biboneye ko gukorera abafite ubumuga bwo kutabona ibitabo bigiramo bivunanye kandi bitwara igihe kinini, kuko nk’imashini zicapa mu nyandiko babasha gusoma zigenda gahoro, mu gihe icyo kigo gifite ebyiri gusa.

Izo mashini zigenda gahoro kandi igitabo cy’impapuro 300 iyo cyanditswe mu nyandiko isomwa n’abafite ubumuga bwo kutabona kiza ari hafi impapuro 1000.

Mu Karere ka Nyaruguru habereye ibirori byo kwizihiza umunsi mpuzamahanga w'abafite ubumuga ku rwego rw'Igihugu
Mu Karere ka Nyaruguru habereye ibirori byo kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’abafite ubumuga ku rwego rw’Igihugu

Ati "Hamwe na REB turateganya kubashakira n’indi mashini yo kuba bifashisha mu gihe hakiri kurebwa ko kubera iterambere ry’ikoranabuhanga hatabobeka izihuta (imashini)."

Yongeraho ko kuba muri REB hasigaye hari ishami rishinzwe uburezi budaheza, bafite icyizere ko n’izindi nzitizi mu myigire y’abafite ubumuga zizagenda zikurwaho.

Marie Solange Kayisire, umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’ubutegetsi bw’Igihugu, wari witabiriye kwizihiza umunsi w’abafite ubumuga yibukije ko Leta ikomeje gukora byinshi, mu kwita ku bafite ubumuga.

Umunyamabanga wa Leta muri MINALOC, Kayisire Marie Solange
Umunyamabanga wa Leta muri MINALOC, Kayisire Marie Solange

Ni muri urwo rwego hashyizwe imbaraga mu gutanga insimburangingo, hagashyirwaho amashuri afasha abafite ubumuga, hagashyirwaho inkoranyamagambo y’ururimi rw’amarenga, n’imikino n’imyidagaduro ku bafite ubumuga.

Yavuze kandi ko hari ibizakomeza kwitabwaho nk’uburezi budaheza, ubuzima, gukomeza gufasha abafite ubumuga batishiboye hagamijwe kubafasha kwiteza imbere.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka