Uwari ushinzwe ibizamini bya Leta ku Kigo cya Kagugu arahagaritswe

Minisitiri w’uburezi Dr Eugene Mutimura ubwo yageraga ku ishuri ry’imyuga rya Kagugu (Ecole technique SOS) aho yatangirije ibizamini ngiro bisoza amashuri yisumbuye kuri uyu wa kabiri, yahise ahagarika Mbonabucya Gerard wari ukuriye ibizami kuri centre ya SOS Kagugu.

Min Dr Mutimura Eugene yababajwe no gusanga abanyeshuri bakora ikizami kimwe bicaranye ahita yirukana uwari uhagarariye ibizamini mu ishuri rya Kagugu
Min Dr Mutimura Eugene yababajwe no gusanga abanyeshuri bakora ikizami kimwe bicaranye ahita yirukana uwari uhagarariye ibizamini mu ishuri rya Kagugu

Ibi byatewe n’uko Minisitiri Mutimura yasanze abanyeshuri bakora ikizamini kimwe bagiye babicaranya ku buryo byari gutera bamwe gushaka gukoperana.

Minisitiri Mutimura kandi yahise yirukana abagenzuzi b’ibizamini batatu bari mu ishuri bagenzura imikorere y’ibizamini ariko batambaye amakarita agaragaza ibyo bashinzwe, ibintu ubusanzwe bitemewe mu kazi.

Yaboneyeho gusaba abahagarariye ibizami bya Leta ku bigo bitandukanye biri gukorerwaho, kwirinda icyo ari cyo cyose cyatuma abanyeshuri basarura aho batabibye muri ibi bizami

Ati “Nsanze abanyeshuri babiri bafite inyigisho zimwe bicaranye. Musabye ko adakora akazi yari ashinzwe dusaba undi kugakora. Ntabwo tumwirukanye ariko tumusabye ko yajya ku ruhande abandi bagakora ako kazi kuko ntiyagakoraga neza”

Yakomeje agira ati" Turasaba abashinzwe ibizami gukurikira neza bakareba niba abana bicaranye badakora ibizami bimwe, ndetse no mu byumba bakoreramo hakaba harimo umwanya uhagije, metero eshatu cyangwa ebyiri n’igice hagati y’umwana n’undi kuko ikibazo si umwanya n’intebe zirahari”

Bisengimana Bosco wari wungirije umuyobozi w’ibizami kuri iyi centre niwe wahise uhabwa inshingano zo kuyobora ibizamini, nyuma yo guhagarika mu nshingano uwari ubishinzwe.

Yanirukanye abagenzuraga imikorere y'ibizami batari bafite ibibaranga
Yanirukanye abagenzuraga imikorere y’ibizami batari bafite ibibaranga

Mu myaka yashize mu karere ka Gasabo hagiye hagaragara ibigo birimo abanyeshuri bakopeye, ahandi bagatanga ibizami bitari byo mbere y’uko bikorwa.

Umuyobozi w’akarere ka Gasabo wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage, Languida Nyirabahire, yavuze ko kuri iyi nshuro ibyo byose byagenzuwe ku buryo nta mpungenge zikwiye kubaho. Yavuze ko kuba hagaragaye abanyeshuri bari bicaranye byatewe no kwibeshya ku buryo n’aho byagaragaye byahise bikosorwa.

Abanyeshuri bakoreye kuri centre ya SOS Kagugu ni 153 bavuye mu bigo bitatu: Ecole technique SOS, World Vision Secondary School, na APAETA.

Ni abanyeshuri biga mu mashami atandukanye nka amashanyarazi, icungamari, computer Sciences, electronics, n’ishami rya electronics and telecommunications.

Min Dr Mutimura ajya gutangiza ibizamini ngiro yabanje kugira inama abanyeshuri anabifuriza intsinzi
Min Dr Mutimura ajya gutangiza ibizamini ngiro yabanje kugira inama abanyeshuri anabifuriza intsinzi
Ataramenya ko hari abicaranye bahuje ikizami yafatanyije n'abandi bayobozi gushyikiriza abana ibizami
Ataramenya ko hari abicaranye bahuje ikizami yafatanyije n’abandi bayobozi gushyikiriza abana ibizami
Umuyobozi w'Akarere ka Gasabo wungirije ushinzwe imibereho myiza yari mu bashyikirije abanyeshuri ibizami
Umuyobozi w’Akarere ka Gasabo wungirije ushinzwe imibereho myiza yari mu bashyikirije abanyeshuri ibizami
Min Mutimura agenzura yaje gusanga hari abicaranyijwe bahuje ibizami
Min Mutimura agenzura yaje gusanga hari abicaranyijwe bahuje ibizami
Ntibyamushimishije ahita afata umwanzuro wo guhagarika ababigizemo uruhare
Ntibyamushimishije ahita afata umwanzuro wo guhagarika ababigizemo uruhare
imyicarire yakosowe abanyeshuri batangira ibizami
imyicarire yakosowe abanyeshuri batangira ibizami
Bagaragazaga ko biteguye neza
Bagaragazaga ko biteguye neza
Min w'Uburezi n'abandi bayobozi bafatanyije gutangiza Ibizami ngiro bisoza amashuri yisumbuye
Min w’Uburezi n’abandi bayobozi bafatanyije gutangiza Ibizami ngiro bisoza amashuri yisumbuye
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 5 )

nibyo rwose turabishyigikiye

ihimbazwe nathan yanditse ku itariki ya: 11-04-2019  →  Musubize

Nge sishyigikiye nagato Minister. hariya bisa no kwirengangiza uburezi icyo bivuze. uburezi ni ikintu gisaba ko umuntu aba atuje, ntabwo waba umaze kwirukana Directeur wikigo imbere yabana ngo bakore batuje. Minister yitwaje icyo ari cyo yifayira kugahanga uwo muyobozi. Ariko kuki abarimu bakomeje gusuzugurwa Cyane ubu basohotse mwishuli Minister yabigisha wenyine? kuki mwalimu ariwe muntu usuzugurwa kugera naho umuntu wese uvuga ko akize avuga ati "Nahemba abarimu 5 mumwaka.ibyo byose biterwa nuko ubuyobozi bufata mwalimu kd nyamara ariwe nkingi yabyose. Nge nababaye ariko ntacyo nakora uriya ni Minister nyine. still yakosheje yagombaga kubanza gusobanuza Hanyuma agafata umwanzuro mwibanga.

S. Noel yanditse ku itariki ya: 21-11-2018  →  Musubize

Hi, Nukuri minister arigukora Kabisa, afata umwanzuro nyawo, Kuko ubundi ntitwabona quality education dushaka igihe abanyeshuri bakora ikizamini mumatsinda nkaho ari group work, kubera ariko ari CBC bikanze ari cooperation, gusa bicike burundu tuzamure competences of the learners

Nkurunziza Eugene yanditse ku itariki ya: 20-11-2018  →  Musubize

CBC ntago ivuze gukorera ibizamini mumatsinda ibi Minister yakoze ni sawa ndamushyigikiye kbs.

SOLEIL yanditse ku itariki ya: 21-11-2018  →  Musubize

ndumva babajijijubusa bicaranye badakora ibihuye ndumva ntakibazo.

NZAYISENGA julien yanditse ku itariki ya: 20-11-2018  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka