Uwahoze ari Umugaba w’Ingabo General Sam Kaka yabonye impamyabumenyi ihanitse mu mategeko Mpuzamahanga

Kuri uyu wa 25 Mutarama 2018, Kaminuza y’abalayiki b’Abadivantiste (UNILAK) yahaye imyamyabumenyi abanyeshuri 925.

Rtd Gen Maj Sam Kaka yabonye impamyabumenyi y'Ikirenga mu Mategeko Mpuzamahanga Mpanabyaha
Rtd Gen Maj Sam Kaka yabonye impamyabumenyi y’Ikirenga mu Mategeko Mpuzamahanga Mpanabyaha

Muri aba banyeshuri harimo abo mu cyiciro cya kabiri cya Kaminuza (Bachelor’s Degree) 823 barimo ab’igitsina gore 574, hakabamo 102 barangije mu cyiciro cya gatatu (Masters) barimo abagabo 66.

Mu basoje icyiciro cya Gatatu cya Kaminuza harimo (Rtd) Gen Maj. Sam Kaka Kanyemera wigeze kuba Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda (RDF).

Uyu mugabo wanahembewe kuba indashyikirwa mu banyeshuri basoje uyu munsi agahabwa ibikoresho bya DSTV, yigaga ibijyanye n’amategeko Mpuzamahanga Mpanabyaha (International Criminal Law).

UNILAK imaze imyaka 20 ishinzwe, imaze gutanga impamyabumenyi zigera ku 11 173. Umuyobozi Mukuru wungirije wayo, Dr. Ngamije Jean, yasabye abahawe impamyabumenyi kuba umusemburo w’impinduka muri sosiyete n’igihugu muri rusange.

Yagize ati “U Rwanda n’imiryango yanyu babatezeho byinshi. Kwiga Kaminuza bivuze kugira icyo uhindura cyiza, iyo ntacyo uhinduye ngo ukigeze ku rwego runaka rwiza, ntacyo uba waramaze muri Kaminuza.”

Yasabye aba banyeshuri barangije kwiyubakamo icyizere ubundi bagakoresha ubumenyi bahawe, batanga umusanzu ufatika mu kubaka iterambere ry’igihugu.

Yabibukije kandi ko bagomba kuba ibisubizo by’ibibazo igihugu gifite aho kucyongerera ibibazo, bakanibuka ko ubumenyi budafite kwihesha agaciro ntacyo bumaze.

Umuyobozi wungirije wa UNILAK yambika ikamba ry'ishimwe Rtd Gen Sam Kaka wabaye Indashyikirwa mu bo Biganye
Umuyobozi wungirije wa UNILAK yambika ikamba ry’ishimwe Rtd Gen Sam Kaka wabaye Indashyikirwa mu bo Biganye

Aba banyeshuri bahawe impamyabumenyi kuri uyu wa Kane, barangije mu mashami atandukanye yo gucunga ibidukikije, ikoranabuhanga n’amategeko mu mwaka w’amashuri 2016/2017.

Uwavuze mu izina ryabo yijeje Abanyarwanda ko ubumenyi bakuye muri iri shuri ndetse n’umutima nama bahatorejwe, bizabafasha kuzana impinduka mu buzima bw’igihugu, kuko ahari ubushake, ubushobozi no gukora cyane, Imana nayo iba ihari ibintu bigatungana.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Felicitation Afande werekanye ko imilimo yose wagiye ushingwa waruyishoboye wongeye no kwerekana ubushobozi bwawe uba indashykirwa Komera

gakuba yanditse ku itariki ya: 26-01-2018  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka