Nta gahunda dufite yo kongera amafaranga y’ishuri – Minisitiri w’Uburezi

Minisitiri w’Uburezi Joseph Nsengimana yabeshyuje amakuru amaze iminsi avugwa ko Leta yaba igiye kongera amafaranga y’ishuri mu mashuri ya Leta, ndetse no kongera uruhare rw’ababyeyi mu ifunguro ry’umwana ryo ku ishuri(Schoolfeeding).

Minisitiri Nsengimana wari uyoboye inama ku iterambere ry’uburezi bw’ibanze yagize ati “Izo ni impuha, sinzi aho ayo makuru yaturutse. Nta gahunda dufite yo kongera amafaranga y’ishuri cyangwa ayo kugaburira abana.”

Kuri iki cyo kugaburira abana, Minisitiri ahubwo yavuze ko uruhare ababyeyi basabwa gutanga batarutanga neza, abakangurira gushyiramo imbaraga, buri wese agakora uruhare rwe.

Mu mashuri abanza, Leta yishyurira abana amafaranga 135 y’ifunguro rya buri munsi, cyangwa se frw 8,775 ku gihembwe ariko ikanasaba ababyeyi gutanga umusanzu wabo ungana na frw 975 ku gihembwe.

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka