MINEDUC yatangaje igihe abanyeshuri b’uwa mbere n’uwa kane bazatangirira

Minisiteri y’Uburezi (MINEDUC) yatangaje igihe abanyeshuri batsinze ibizamini bisoza amashuri abanza n’abatsinze iby’ikiciro cya mbere cy’amashuri yisumbuye, bakazatangira tariki ya 4 Ukwakira 2022.

Abanyeshuri b'uwa mbere n'uwa kane bazatangira tariki 4 Ukwakira 2022
Abanyeshuri b’uwa mbere n’uwa kane bazatangira tariki 4 Ukwakira 2022

Amakuru MINEDUC yashyize ahagaragara ku wa 29 Nzeri 2022 avuga ko ababyeyi, ababyeshuri n’Abanyarwanda muri rusange bamenyeshwa ko abanyeshuri bo mu mwaka wa mbere (S1) n’uwa kane w’amashuri yisumbuye (S4 na L3 TVET), bazatangira igihembwe cya mbere cy’Umwaka w’Amashuri 2022-2023 ku ya 4 Ukwakira 2022.

Iri tangazo Minisiteri y’Uburezi irisohoye nyuma y’iminsi ibiri itangaje amanota y’aba banyeshuri mu rwego rwo gufasha ababyeyi kwitegura kohereza abana ku ishuru, no kubashakira ibyangombwa bikenerwa mu myigire yabo.

Mukamugema Donatille atuye mu Karere ka Rwamagana mu Ntara y’Iburasirazuba, ni umubyeyi ufite umwana watsinze ikizamini cya Leta, bamwohereza mu Ntara y’Amajyepfo kuri G.S. Butare, avuga ko igihe cy’iminsi 10 babahaye gihagije kuba biteguye kugeza abana ku ishuri, kugira ngo batangire amasomo yabo.

Ati “Ntacyo bitwaye kuko urabona ko babitangaje kare tukamenya igihe abana bacu bazagira ku ishuri, ubu turatangira twitegure kandi n’abana nabo bazaba biteguye gukomeza amasomo yabo”.

Aba banyeshuri nabo bazagezwa ku bigo bazigaho mu buryo busanzwe butwarwamo bagenzi babo.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka