Ingendo z’abanyeshuri zemerewe gukomeza no mu gihe cy’umuganda

Ibi MINALOC ibitangaje mu rwego rwo korohereza abanyeshuri kujya gutangira igihembwe cya mbere cy’Umwaka w’Amashuri 2022/2023.

Mu gihe abanyeshuri bitegura gusubira ku ishuri, ubu haravugwa ikibazo ku mafaranga ababyeyi basabwa kwishyura
Mu gihe abanyeshuri bitegura gusubira ku ishuri, ubu haravugwa ikibazo ku mafaranga ababyeyi basabwa kwishyura

Ingendo z’abanyeshuri basubira ku Ishuri zatangiye kuva ku wa Kane tariki 22 Nzeri 2022, kugera ku Cyumweru tariki 25 Nzeri 2022.

Itangazo rya MINALOC ryo kuri uyu wa Gatanu tariki 23 Nzeri 2022 rigira riti "Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu iramenyesha abaturarwanda ko ingendo z’abanyeshuri zemewe mu gihe cy’umuganda uteganyijwe ku wa 24 Nzeri 2022."

MINALOC ivuga ko mu ngendo zemewe z’abanyeshuri harimo n’imodoka na moto, bitwaye abanyeshuri ndetse n’abantu bari muri icyo gikorwa.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Nibyiza kukuntu Leta yita kubanyeshuri cyane rwose binyuze nokubareka bagendaku ishuri mugihe Hari umuganda w’Igihugu.

Nizeyumukiza Emmanuel yanditse ku itariki ya: 23-09-2022  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka