Huye: Abanyeshuri bo ku Kibondo baremeye abiga ku ishuri ribanza rya Mpare

Abanyeshuri biga ku ishuri ribanza ryigenga ryitwa Ikibondo, ku wa 18 Werurwe 2022 bashyikirije ab’abakene biga ku ishuri ribanza rya Mpare ibikoresho by’ishuri babaguriye.

Ibikoresho babazaniye
Ibikoresho babazaniye

Ibyo bikoresho ni imyenda yo kwigana (uniforms), inkweto ndetse n’amakayi, amakaramu n’udusanduku tuzwi nka ‘boites mathématicales’ tubamo ibikoresho by’ishuri, byagenewe abana 20 baturuka mu miryango ikennye, bari bagiye kurangiza igihembwe batabifite.

Muri aba bana kandi harimo abari barataye ishuri, barigarurwamo bakagaragaza imbogamizi yo kutagira ibikoresho nk’uko bivugwa na Raymond Ndayisenga, uyobora ishuri ribanza rya Mpare.

Agira ati "Natangiye kuyobora iri shuri mu kwezi kwa 12/2021. Nyuma yo kugarura mu ishuri abari bararitaye, batugaragarije ko nta bikoresho by’ishuri babasha kubona, tubaruye mu kigo cyose dusanga ku bana 343 harimo 85 batabifite cyangwa bafite bikeya ku buryo bakeneye gufashwa. Mu cyumweru gishize twegereye ishuri Ikibondo, tubasaba ubufasha."

Abana bo ku ishuri ribanza rya Mpare, nyuma yo gushyikirizwa imyenda y'ishuri
Abana bo ku ishuri ribanza rya Mpare, nyuma yo gushyikirizwa imyenda y’ishuri

Icyifuzo cye umuyobozi w’Ishuri Ikibondo, Françoise Uwera, yaracyakiriye, akimugereza ku bana barera none mu gihe cy’icyumweru kimwe gusa babashije kwegeranya ibihumbi 220 ari na byo baguzemo ibyo bikoresho batanze.

Uyu muyobozi ati "Ishuri natwe twongeyeho amafaranga ibihumbi 100 yo kuzafasha bariya bana ndetse n’abandi bana bakennye muri gahunda yo gufatira amafunguro ku ishuri."

Ubuyobozi bw’Umurenge wa Tumba bwashimye iki gikorwa cy’abana, ariko cyane cyane bushima ababyeyi babo kuko ari bo babahaye amafaranga yo gufasha bagenzi babo.

Bari bafite inkweto zishaje
Bari bafite inkweto zishaje
Boda boda nshyashya na zo bahise bazambara
Boda boda nshyashya na zo bahise bazambara

Ushinzwe uburezi muri uyu Murenge, Domina Usanase, yagize ati "Bana, ubusanzwe mwebwe umurimo wanyu ni ukwiga. Muze kudushimirira ababyeyi banyu kuko ari bo babahaye ubushobozi bwababashishije gufasha bagenzi banyu."

Ubuyobozi bw’ishuri Ikibondo buvuga ko ababyeyi baharerera basanzwe bakora ibikorwa byo gufasha babinyujije mu bana babo, kuko mu gihe cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi bajya baremera abayirokotse bakeneye ubufasha.

Kuremera abana b’abakene kugira ngo babashe kwiga ni ubwa mbere babikoze, ariko ngo ntibihagarariye ahangaha.

Umuyobozi w'ishuri Ikibondo hamwe n'abana bazanye, mu gushyikiriza impano bagenzi babo, batanga amakaye
Umuyobozi w’ishuri Ikibondo hamwe n’abana bazanye, mu gushyikiriza impano bagenzi babo, batanga amakaye
Abambaye amashati y'umweru ni abaje kuremera abambaye ay'ubururu
Abambaye amashati y’umweru ni abaje kuremera abambaye ay’ubururu
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 3 )

Gufashanya ni umuco mwiza aba bana bazawuhorane

[email protected] yanditse ku itariki ya: 19-03-2022  →  Musubize

Mbega ishuri rishimishije we! Iyo ndangagaciro batoza abana b’igihugu ni nziza cyane. Abo ni bo barezi igihugu gikeneye. Ibyo bikorwa muzajye kubyigisha n’ibindi bigo kuko ari iby’agaciro.

NTD yanditse ku itariki ya: 19-03-2022  →  Musubize

Mbega ishuri rishimishije we! Iyo ndangagaciro batoza abana b’igihugu ni nziza cyane. Abo ni bo barezi igihugu gikeneye. Ibyo bikorwa muzajye kubyigisha n’ibindi bigo kuko ari iby’agaciro.

NTD yanditse ku itariki ya: 19-03-2022  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka