Mu rwego rwo kwitegura kuzagira amanota meza bo ngo nta biruhuko bigeze bagira kuko bakomeje kwiga mu gihe abandi bari mu biruhuko; nk’uko bivugwa na Ngomirakiza Joseph wiga muri Groupe Scolaire Masoro.
Abarimu babo babibafashamo kuko bakomeje kubafasha babigisha, babasobanurira ndetse bakanabasubiza mu bizamini biba byaragiye bikorwa.
Aba bana bafite ikizere cy’uko bazatsinda kuko n’abarimu babo babishyizemo ingufu. Gusa ngo hari abana batabyitabira kuko nta mafaranga batanga bityo hakiga abashaka.
Aba bana bakangurira bagenzi babo bitegura gukora ibizamini bya Leta gushyira imbaraga mu kwiga kugira ngo bazabashe kwiteza imbere mu buzima bwabo bw’ejo hazaza.
Hortense Munyantore
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|