Amanota y’ibizamini bisoza amashuri yisumbuye arasohoka kuri uyu wa Kane

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ibizamini bya Leta n’ubugenzuzi bw’amashuri (NESA), cyatangaje ko amanota y’ibizamini bya Leta bisoza amashuri yisumbuye umwaka wa 2021/2022, azatangazwa ku wa Kane tariki 15 Ukuboza 2022.

Ubutumwa bwashyizwe ahagaragara bugira buti “NESA iramenyasha abanyeshuri, ababyeyi, abarezi ndetse n’abafatanyabikorwa mu burezi, ko amanota y’ibizamini bya Leta bisoza amashuri yisumbuye umwaka wa 2021/2022, azatangazwa ku wa Kane tariki ya 15/12/2022 saa tanu (11:00) z’amanywa”.

Abanyeshuri barangije amashuri yisumbuye bishimiye aya makuru bamenyeshejwe, kandi biteguye kwakira ibizava mu bizamini bakoze.

Tuyiramye Gervais arangije amashuri yisumbuye, avuga ko ari byiza kumenyeshwa igihe amanota yabo azasohokera kubera ko bibafasha kwitegura gukomeza kwiga muri Kaminuza, ndetse abatabashije gutsinda bakamenya icyerecyezo cy’ubuzima niba bakomeza kwiga cyangwa bajya no gushakisha akazi.

Ati “Twibazaga igihe bazabitangariza, nta wabura kuvuga ko ari inkuru nziza tumenye kandi tubayakiriye neza”.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 5 )

Hello nagiragango mumbwire igihe cyanacyo amanota asoza icyiciro cya kabiri cy’amashuri yisumbuye 2022/2023 azasohoka ryari murakoze

Niyonsenga Edson yanditse ku itariki ya: 23-11-2023  →  Musubize

Gutanga scholarship kubantu biga science bazafatira kuri angahe???

Alias yanditse ku itariki ya: 16-12-2022  →  Musubize

Nimutubwire aho turi buce tureba amanota

Kwitonda Charles yanditse ku itariki ya: 15-12-2022  →  Musubize

Turabashimiye cyane pe gs twiteguye kuyakira neza murakoze.

Kwizera martin yanditse ku itariki ya: 14-12-2022  →  Musubize

Nesa turayishimiye kyane.

Twajamahoro yanditse ku itariki ya: 13-12-2022  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka