Abemerewe kwiga muri Kaminuza y’u Rwanda uyu mwaka batangajwe

Ubuyobozi bwa Kaminuza y’u Rwanda kuri uyu wa 12 Gicurasi 2023, bwashyize ahagaragara urutonde rw’abanyeshuri bemerewe kwiga muri iyi kaminuza mu mwaka w’amashuri 2023. Umunyeshuri wasabye kuhiga yireba anyuze mu buryo bw’ikoranabuhanga buteganyijwe, akamenya niba yaremerewe umwanya.

Kaminuza y'u Rwanda ishami rya Huye
Kaminuza y’u Rwanda ishami rya Huye

Itangazo rijyanye na byo ryashyizweho umukono n’Umuyobozi Mukuru wa Kaminuza y’u Rwanda, Dr Kayihura Muganga Didas, rikavuga ko abanyeshuri bemerewe kwiga muri Kaminuza y’u Rwanda, bashobora kureba amakuru ajyanye n’ibyo bemerewe kwiga bifashishije ‘link’ ya efiling.ur.ac.rw

Iri tangazo rikomeza rivuga ko abanyeshuri batabashije kwemererwa kwiga mu mashami basabye, bahawe andi ajyanye n’ibyo bize ariko kandi ko bo n’abandi bose bemerewe umwanya, bagomba kwemeza ko baziga muri iyi kaminuza mu buryo bwateganyijwe.

Andi makuru ajyanye n’ubusabe bwo kwiga muri uyi kaminuza uyu mwaka, harimo nk’abatanze amakuru nabi babisaba, abagize amanota atabemererera n’ibindi bigaragazwa ku rubuga rw’iki kigo.

Nyuma yo kwemererwa umwanya muri Kaminuza y’u Rwanda, ababa bashaka kuzarihirwa na Leta, bisaba no kwemererwa inguzanyo. Gusa kuri iyi nshuro Ubuyobozi bw’iyi Kaminuza, buherutse gutangaza ko muri uyu mwaka harimo impinduka.

Buvuga ko umunyeshuri ushaka kwiga ku nguzanyo, azajya asaba kimwe cyangwa byose mu byo akeneye guhabwaho inguzanyo, ari byo amafaranga y’ishuri, amafaranga atunga umunyeshuri (bourse) ndetse na mudasobwa imukwiriye bitewe n’ibyo aziga. Ibi bitandukanye n’uko byakorwaga mbere, aho uwasabaga kwiga ku nguzanyo ya Leta yabaga asabye icyarimwe ibyo bitatu, kandi mudasobwa zatangwaga zikaba zari ubwoko bumwe.

Iyi kaminuza imaze imyaka 10 igizwe iya mbere nini mu Gihugu, ubwo Perezida Paul Kagame yagiriraga uruzinduko mu Ishami ryayo rya Huye umwaka ushize, yasezeranyije impinduka zigamije kuyinoza kurushaho. Zimwe muri zo, biteganyijwe ko zizatangirana n’uyu mwaka w’amashuri uzatangira ku itariki 5 Kamena 2023.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 5 )

Ese ko harabadafite amanita 40 ntabwo bakwiyandikisha murakoze.

Vivine Ntibaziyaremye yanditse ku itariki ya: 21-06-2023  →  Musubize

ESE nkatwe twifuza gukomeza kwiga university ubu kandi ntabushobozi dufite mwatugira iyihe nama ko uko bitinda arikwo nimyaka idusiga ugasanga dutangiye kugira icyotugeraho dushaje .mudufashe

Pendo Alex yanditse ku itariki ya: 19-05-2023  →  Musubize

Hari abasabye amasomo yokwig UR land bafite amanota nk 55 mur HEG ark ntibaba admited kandi har abandi Bo muzind section nka HGL Bo bafashe ark babaha into batasabye , none kuk abandi nka Bo mur HEG batabahaye nabo ibind batasabye arik nabo bakiga nkaband,mudufash mudusobanurir impamvu p.murakoze🙏🙏

Gatete ivan yanditse ku itariki ya: 15-05-2023  →  Musubize

Mutwanga imyanya ku banyeshuri basabye kwiga muri ur hari abo leta yafashe bafite amanota40 muri HEG,basiga abafite amanota 58,59 mutuvuganire

Daphrose yanditse ku itariki ya: 14-05-2023  →  Musubize

Mutugezaho amakuru meza

Er yanditse ku itariki ya: 13-05-2023  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka