Abanyarwanda basabwe kwitabira kuzigama mu bigo by’imari

Inzego zitandukanye za Leta n’iz’abikorera, zashyize hamwe kuri uyu wa gatatu tariki 18/12/2013, mu gutangiza ubukangurambaga busaba Abanyarwanda b’ingeri zose kwitabira servisi z’imari n’ubwizigame.

Ministiri w’imari n’igenamigambi, Amb. Claver Gatete, uyoboye abakora ubukangurambaga, yavuze ko Leta ishaka amafaranga menshi yo guha abakora imishinga itandukanye, kandi ko nta handi ayo mafaranga yava atari mu kwitabira kubitsa, kugura ubwishingizi no kugura imigabane mu bigo by’imari.

Yagize ati: “Abanyarwanda iyo batagannye ibigo by’imari ntabwo bashobora kwiteza imbere, amafaranga yawe yonyine ntabwo ahagije, ugomba kubona amafaranga y’abandi, yaba inguzanyo uhawe na banki, ayo ubonye kuko waguze ubwishingizi cyangwa ayo waguzemo imigabane ishobora kukungukira.”

Ministiri Claver Gatete na Oda Gasinzigwa, hagati y'abanyamabanga bahoraho muri Ministeri za MYCT na MINALOC.
Ministiri Claver Gatete na Oda Gasinzigwa, hagati y’abanyamabanga bahoraho muri Ministeri za MYCT na MINALOC.

Inzego zitandukanye zirimo za Ministeri, ibigo bya Leta n’iby’abikorera harimo iby’imari, byamenyeshejwe ingengabihe y’uburyo bizakoramo ubukangurambaga, aho ngo raporo z’ibyakozwe zizajya zigezwa ku nama y’abaministiri.

“Twe nka Ministeri y’uburinganire n’iterambere ry’umuryango (MIGEPROF), dufite ahantu henshi ho gutambukiriza ubutumwa, haba mu mashyirahamwe n’amahuriro y’abagore n’abana, no mu kagoroba k’ababyeyi”, nk’uko Ministiri Odda Gasinzigwa wa MIGEPROF, yamenyesheje izindi nzego zitabiriye inama.

Umuganda, itangazamakuru n’inama ziteranya abaturage benshi, byemejwe nk’umuyoboro ukomeye wo gusaba abantu kwitabira kuzigama mu buryo bwanditswe muri Leta, bavuye ku buryo bwo kubika amafaranga mu ngo zabo.

Inzego zitandukanye za Leta n'iz'abikorera zasabwe gukora ubukangurambaga busaba abantu kuzigama mu bigo by'imari.
Inzego zitandukanye za Leta n’iz’abikorera zasabwe gukora ubukangurambaga busaba abantu kuzigama mu bigo by’imari.

Ubushakashatsi bwiswe “FinCap Survey” bwakozwe na Ministeri y’imari n’igenamigambi (MINECOFIN) mu mwaka wa 2012, buvuga ko Abanyarwanda bangana na ½ cy’abatuye mu gihugu bazigama mu buryo butanditse mu mategeko, kandi abari munsi ya ½ ari bo bonyine bigirira ingengo y’imari.

Gushirirwa n’amafaranga ngo ni ikibazo rusange kubera ubukene no kutagira umurimo, nk’uko iyo nyigo ibisobanura.

Icyo gihe ngo bashingira imibereho yabo ku nkunga cyangwa imyenda itanditswe bahabwa n’abandi; n’ubwo benshi ngo bumva akamaro ko gukora igenamigambi, ntibazi kwiteganyiriza; 60% by’Abanyarwanda bavuga ko bazigama gusa iyo baguze ibintu byose bifuza; abarenga ½ bakavuga ko badateganyiriza ibihe bigoye bashobora guhura nabyo.

Simon Kamuzinzi

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka