Uruganda rusanzwe rukora imodoka zihenze rwatangiye gukora imyenda

Uruganda rwa Ferrari rwo mu Butaliyani rusanzwe rukora imodoka zihenze, rwerekanye imyenda yarwo ya mbere rwakoze.

Mu ruganda rwagati rusanzwe rukoreramo Ferrari, i Maranello mu Majyaruguru y’u Butaliyani ni ho aberekana imideli batambutse bambaye imyenda yitiriwe Ferrari bwa mbere mu mateka yarwo.

Mu mabara menshi atandukanye yiganjemo umutuku n’umuhondo nk’uko asanzwe ari aya Ferrari, bamuritse iyi myenda yambarwa n’abagabo ndetse n’abagore.

Umuyobozi wa Ferrari John Elkann yagize ati “Iri murika ryabereye mu ruganda mu rwego rwo gushyigikira indashyikirwa mu guhanga udushya n’ubugeni bw’Abataliyani”.

Ku wa Kabiri tariki 15 Kamena 2021 nibwo iyi myenda yagiye ku isoko kugira ngo abayishimye nyuma yo kuyimurika bashobore kuyigura. Umwe mu bayikoze yahoze akorera andi masosiyete akomeye asanzwe akora imyenda nka Giorgio Armani, Dolce & Gabbana na Rocco Iannone.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka