Ku myaka 33 gusa, Claire Akamanzi wabanje kuba umuyobozi wungirije ushinzwe imikorere muri RDB yaje no gushyirwa ku rutonde rw’abayobozi bakiri bato ku isi n’inama mpuzamahanga y’ubukungu ku isi (World Economic Forum).
Undi munyarwandakazi washyizwe kuri uru rutonde ni Valentine Rugwabiza, akaba ari umuyobozi wungirije w’umuryango mpuzamahanga w’ubucuruzi ku isi (Deputy Director-General, World Trade Organization (WTO); nk’uko byashyizwe ahagaraga n’ikinyamakuru Jeune Afrique taliki 06/05/2013.
Umugore wa mbere w’igihangange mu bijyanye n’ubucuruzi muri Afurika ni Evelyne Tall wo muri Senegal akaba ari umuyobozi wungirije wa banki yita Ecobank.
Uwa kabiri akomoka muri Marroc, Salwa Akhannouch, ayobora ikigo kitwa The Flourishing Aksal Distribution Group kandi n’uwa gatatu nawe ni uwo muri icyo gihugu.
Dan Ngabonziza
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|