Rusizi: Abavunjayi bugarijwe n’ikibazo cyabiyita inyeshyamba

Abakora umwuga wo kuvujya amafaranga mu mujyi wa karere ka Rusizi babangamiwe na bamwe muri bo babavuyemo bakajya gukorera mu bwihisho rimwe na rimwe bakambura abakiriya bakiruka cyangwa babahenda.

Banki nkuru y’igihugu (BNR) yatanze nitegeko ko abakora umwuga wo kuvujya amafaranga bagira biro bakoreramo izwi ariko hari abarenze kuri iryo tegeko none biyise inyeshyamba.

Habyarimana Martin uhagarariye abavunjayi bo mu karere ka Rusizi na Nyamasheke avuga ko hashize igihe abiyita inyeshamba babahobya ndetse bagahobya n’igihugu muri rusange kuko bakora badasora kandi bakaba ari benshi kurenza abakorera mu buryo bwemewe kandi aribo basora.

Abavunjayi babangamiwe n'abadakurikiza amategeko yatanzwe na BNR.
Abavunjayi babangamiwe n’abadakurikiza amategeko yatanzwe na BNR.

Abo bavunjayi bifuza ko izo nyeshyamba zafatirwa ibihano nk’uko abacuruza forode bafatwa bagahanwa.

Zimwe mu ngaruka mbi zitera n’abo biyita inyeshyamba ngo nuko bagurisha amadorari uko bishakiye kuko bahora bahindagura ibiciro akenshi ugasanga babishyize hejuru bigatuma amafaranga y’uRwanda ata agaciro.

Abiyita inyeshyamba ngo sibo bakora ayo makosa gusa kuko hari n’abacuruzi basanzwe nk’abo mu mabutiki bihaye uwo murimo kandi atari inshingano zabo.

Musabwa Euphrem

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

MUGE MUTUGEZAHO AMAKURU ASHYUSHYE

AYISHA KIRABO yanditse ku itariki ya: 4-05-2013  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka