Jean Pierre Ngerageze, umwe mu bacuruza ibigori, avuga ko amafaranga y’ inyungu bakura mu bucuruzi bwabo bahita bayatanga muri byinshi bigatuma babona nta kamaro gafatika bubafitiye.
Agira ati: “ku ngunguru imwe y’ ibigori nshobora kungukaho amafaranga 1000 nkishyura umusoro wa 400 ndetse n’inkwi za 500 ngasigarana 100 gusa”.
Mukanyindo Berancille we, avuga ko amafaranga babona mu bucuruzi bw’ibigori adahwanye n’imirimo baba bakoze mu kubitegura. Agira ati: “Batwaka umusoro uhanitse twakuramo amafaranga y’ishyiramwe, ndetse n’ayo kugura inkwi ugasanga usigaranye ubusa”.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’ umurenge wa Base, Mwigira Antoine, avuga ko batari bazi iki kibazo ariko bagiye kugikurikiranira hafi maze akarengane kazagaragara kagakemuke.
Mwigira avuga kandi ko bazitonda bakareba niba nta gukabya birimo kuko umuntu ashobora kuba asoreshwa bijyanye n’agaciro k’ibyo acuruza.
Jean Noel Mugabo
Ibitekerezo ( 1 )
Ohereza igitekerezo
|
Iryo soko rya base rirema kuyihe minsi ?