Perezida Kagame yitabiriye Inama itegura gutangiza isoko rusange rya Afurika

Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yitabiriye inama y’umuryango wa Afurika yunze Ubumwe (AU) yateranye kuri uyu wa Gatandatu tariki 05 Ukubiza 2021.

Perezida Paul Kagame
Perezida Paul Kagame

Ni inama yibanze ku kunoza ibikenewe byose kugira ngo isoko rusange rya Afurika rizatangirane n’ukwezi gutaha ku itariki ya mbere Mutarama 2021.

Iryo soko rusange rizoroshya ubucuruzi hagati y’ibihugu bya Afurika cyane cyane ibyamaze kwemeza ayo masezerano yo gushyiraho isoko rusange.

Mu ijambo rye, Perezida Kagame yashimiye abakuru b’ibihugu na za Guverinoma bya Afurika yunze Ubumwe kubera uruhare rwabo bagaragaje mu gushyigikira iri soko rusange rya Afurika, abasaba ko ubwo bushake n’ubwitange bagaragaje babikomeza kugira ngo aya masezerano azabashe kugera ku ntego zayo.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka