Nyabihu: Abakoraga isuku ku karere bamaze amezi 2 badahembwa

Bamwe mu bakozi bakoraga isuku ku karere ka Nyabihu n’ahandi mu masantire y’aka karere, bavuga ko bamaze amezi abiri badahembwa bakaba batabona amafaranga yo kubatunga, kwikenuza no kwishyura amazu ku bakodesha.

Ngo kampani yakoraga imirimo y’isuku mu karere ka Nyabihu yarangije amasezerano yayo y’akazi tariki 24 Mata 2013 kandi ifitiye abakozi ibirarane by’amezi abiri, bityo abo bakozi bakaba akarere kuba kahemba rwiyemezamirimo nawe akabahemba.

Bamwe mu bakoraga isuku bicaye imbere ku karere bategereje icyavugwa ku bijyanye no kwishyurwa amafaranga yabo y'amezi abiri.
Bamwe mu bakoraga isuku bicaye imbere ku karere bategereje icyavugwa ku bijyanye no kwishyurwa amafaranga yabo y’amezi abiri.

Rwiyemezamirimo uhagarariye New Cleaning and Maintenance of Garden services Campany Limited, Niyikiza Jean Pierre, ari nawe wakoresheje aba bakozi, avuga ko iki kibazo gisanzwe kizwi kandi yakimenyesheje akarere mu nyandiko, aranakibibutsa, ariko akaba ntacyo babikoraho kugeza ubwo amasezerano ye y’akazi yarangiye batishyuwe.

Rwiyemezamirimo avuga ko akarere kamurimo amafaranga asaga miliyoni enye n’ibihumbi 500 kandi akaba avuga ko nawe afite ikibazo cy’uko katamwishyura ngo ahite yishyura abakozi bagera kuri 90 yakoreshega hirya no hino mu karere ka Nyabihu.

Rwiyemezamirimo wakoraga ibikorwa by'isuku mu karere ka Nyabihu, avuga ko ikibazo bafite yakivuze kenshi kandi ko akarere kamurimo amafaranga arenga miliyoni 4,5.
Rwiyemezamirimo wakoraga ibikorwa by’isuku mu karere ka Nyabihu, avuga ko ikibazo bafite yakivuze kenshi kandi ko akarere kamurimo amafaranga arenga miliyoni 4,5.

Umuyobozi w’akarere ka Nyabihu, Twahirwa Abdoulatif, yadutangarije ko nta muntu ugomba kwamburwa ahubwo ko bagomba kureba muri finance, kuko ushobora gusanga ari uko baka amafaranga ataraboneka wenda rwiyemezamirimo atabizi.

Twahirwa akaba asanga rwiyemezamirimo ageze mu bashinzwe iby’amafaranga no kwishyura yabona igisubizo kuburyo yamenya umunsi nyirizina azaboneraho amafaranga ye.

Umuyobozi w'akarere ka Nyabihu, Twahirwa Abdoulatif, yemera ko uwakoze agomba guhembwa gusa ngo wasanga amafaranga ataraboneka.
Umuyobozi w’akarere ka Nyabihu, Twahirwa Abdoulatif, yemera ko uwakoze agomba guhembwa gusa ngo wasanga amafaranga ataraboneka.

Yongeraho ko isuku izakomeza gukorwa mu karere ka Nyabihu, mu gihe abahawe isoko bataraza gukora hakazashakwa abandi bazaba bayikora.

Gusa abakozi bakoraga isuku kuri aka karere bibaza impamvu abandi bakozi bakora ku karere bishyurwa kandi neza ku gihe, naho bo bakaba bamaze amezi abiri badahembwa kandi barakoze akazi kabo neza. Ikindi kandi na rwiyemezamirimo yabaza ntibamubwire igihe bazahemberwa.

Safari Viateur

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Nimwihangane muzayabona muri budget yumwaka utaha ubwo ni nko mu kwa munani. Nyabihu nibivugurure ntago abayobozi baho basobanutse birirwa bashaka aho banyereza cash gusa kuruta uko bita ku bibazo byateza imbere akarere kabo.

DEO yanditse ku itariki ya: 27-04-2013  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka