Minisitiri w’Intebe Dr. Ngirente yasobanuye iby’izamuka ry’ibiciro ku isoko
Minisitiri w’Intebe, Dr. Edouard Ngirente, avuga ko ibiciro by’ibiribwa byatangiye kugenda bimanuka bihereye ku bigori, byavuye ku mafaranga 800Frw ku kilo ubu bikaba bigeze kuri 400Frw ku kilo.

Dr Ngirente avuga ko n’ubwo ibiciro bitazasubira uko byahoze bitewe n’impamvu zituruka hanze y’Igihugu nko kubura kw’ibikomoka kuri peteroli, ngo hari icyizere gishingiye ku migendekere myiza y’igihembwe cy’ihinga gishize.
Umwe mu bakurikiranye Inama y’Umushyikirano kuri uyu wa Kabiri, yanditse ku mbuga nkoranyambaga ati "Mudufashe, inzego zibishinzwe zitubwire ingamba zo guhangana n’ibiciro ku isoko bizamuka, ibyo kurya birahenze pe, dukeneye kumenya niba Leta hari icyo iri kubikoraho".
Mu kumusubiza, Minisitiri w’Intebe Dr. Ngirente yavuze ko arimo guhumuriza Abaturarwanda, akavuga ko Leta itigeze ibatererana muri iki kibazo.

Dr. Ngirente yibukije ibyakozwe na Leta mu rwego rwo gukumira ko ibiciro byazamuka ku rugero rukabije kurusha urwo biriho kugeza none, birimo ’nkunganire’ yatanzwe ku bikorwa bitandukanye.
Avuga ko iyo nkunganire itabaho cyane mu ifumbire no mu bucuruzi bw’ibikomoka kuri peterori (mazutu na lisansi), ibiciro ngo byari kuba byarikubye inshuro ebyiri cyangwa eshatu ugereranyije n’uko biteye kugeza ubu.
Dr. Ngirente avuga ko umusaruro w’ubuhinzi wabonetse mu gihembwe cy’ihinga A (Nzeri-Ukuboza 2022) urimo gutanga icyizere, ndetse ko ibiciro by’ibiribwa byatangiye kumanuka bihereye ku bigori.

Yagize ati "Icyizere nabaha ni uko iyo tureba umusaruro wavuye mu gihembwe cy’ihinga A, ubu turimo gusarura, dufite icyizere ko umusaruro w’ibigori wikubye kabiri, uw’ibirayi na wo wikubye hafi kabiri, uw’ibishyimbo wagabanyutseho gato kubera amapfa yari yashatse kuba".
Ati "Ibyo bisobanuye ko muri iyi minsi turimo, twatangiye kubona igiciro cy’ibigori kimanuka kuva ku mafaranga 800Frw kugera kuri 400Frw, ni ukuvuga ngo n’ibindi biragenda biza kumanuka, ni cyo cyizere dufite".
Yavuze ko izamuka ry’ibiciro riterwa n’ibibazo biri ku rwego mpuzamahanga ari cyo gihangayikishije Leta bitewe n’uko idashoboye kubigenzura cyangwa kubikumira.

Guverinoma y’u Rwanda ivuga ko intambara hagati y’u Burusiya na Ukraine ndetse no kuba u Bushinwa bwarabaye muri Guma mu rugo igihe kinini kubera Covid-19, ngo byatumye Igihugu kibura ibiribwa n’ibindi bicuruzwa muri rusange.

Inkuru zijyanye na: UMUSHYIKIRANO 2023
- Mu kwezi kumwe mubazi z’abamotari zirongera gukoreshwa
- Tuzishima neza nituba aba mbere mu mihigo - Abatuye i Huye
- Indwara zitandura nizo zihitana Abanyarwanda benshi - MINISANTE
- Perezida Kagame yashimiwe kuba yarasubije Club Rafiki ishusho y’ikibuga kigezweho
- Kwita ku bibazo byugarije umuryango byagabanyije umubare w’abatwara inda zitateguwe - MIGEPROF
- Perezida Kagame yasabye abayobozi kureka guhora mu nama
- Akarere ka Nyagatare kahize utundi mu kwesa imihigo
- MINISANTE yagaragaje ibyashyirwamo ingufu mu guhashya igwingira
- Ubwicanyi bukorerwa Abatutsi muri Congo bubangamiye Ubumwe bw’Abanyarwanda - Minisitiri Bizimana
- MINEDUC yatanze igisubizo cyageza ku ireme ry’uburezi ryifuzwa
- Yahereye ku bihumbi 200 none ageze kure mu iterambere (Ubuhamya)
- Bikwiye guhagarara cyangwa ubwanyu mugahagarara – Perezida Kagame abwira abasiragiza abasaba Serivisi
- Barifuza ko Inama y’Umushyikirano yasuzuma ikibazo cy’izamuka ry’ibiciro ku isoko
- U Rwanda ni urwa gatatu muri Afurika mu kugira imihanda ihuza Uturere - MININFRA
- Perezida Kagame yaburiye abayobozi batuzuza neza inshingano zabo
- Umujyi wa Kigali ugiye kongerwamo imodoka zitwara abagenzi
- Mu Rwanda abahawe nibura inkingo ebyiri za Covid-19 bagera kuri 78%
- Abiga imyuga mu Rwanda bazashyirirwaho n’icyiciro cya gatatu cya Kaminuza
- Bugesera: Uruganda rutunganya ifumbire ruzagabanya iyatumizwaga mu mahanga
- Perezida Kagame yihanangirije abashaka gukira vuba binyuze mu bujura
Ohereza igitekerezo
|