MINICOM irizeza igabanuka ry’ibiciro by’ibiribwa mu minsi iri imbere

Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM), yatangaje ko ibiciro by’ibiribwa ari byo bishobora kugabanuka mu mpera z’uyu mwaka, ariko ko ibicuruzwa bituruka hanze byo bishobora gukomeza guhenda.

MINICOM irizeza ko igiciro cy'ibiribwa kiri hafi kugabanuka
MINICOM irizeza ko igiciro cy’ibiribwa kiri hafi kugabanuka

Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda, Soraya Hakuziyaremye, yabitangaje mu kiganiro yagiranye n’abanyamakuru kuri uyu wa 14 Ukwakira 2020.

Yasobanuye ko impamvu yo kuzamuka kw’ibiciro by’ibiribwa iterwa n’uko nta musaruro uboneka mu gihe cy’impeshyi, ariko ko mu mpera z’umwaka hari ibiribwa bizaba byeze.

Minisitiri Soraya yagize ati “Icyizere cy’igabanuka ry’ibiciro kiri ku biribwa bizaba byeze mu mpera z’umwaka kuva mu kwezi k’Ugushyingo kugera muri Mutarama mu mwaka utaha”.

Umuyobozi muri MINICOM ushinzwe ubucuruzi bw’imbere mu gihugu, Karangwa Cassien, yatanze urugero rw’ibirayi ko bitangiye kuboneka kandi igiciro cyabyo kizakomeza kugabanuka.

Minisitiri Soraya Hakuziyaremye yavuze ko ibiciro by'ibiribwa bihingwa mu Rwanda bizagabanuka vuba
Minisitiri Soraya Hakuziyaremye yavuze ko ibiciro by’ibiribwa bihingwa mu Rwanda bizagabanuka vuba

Yagize ati “Hari ibirayi ubu bitangiye kwera ku buryo igiciro cyatangiye kugabanuka, hari aho ibya Kinigi byari byageze ku mafaranga 400 ku barangura, ariko ubu igiciro hamwe na hamwe kigeze kuri 330Frw, bizaba byabaye byinshi mu kwezi k’Ukuboza”.

Karangwa yavuze ko mu mpera z’uyu mwaka ari na bwo MINICOM izashyiraho igiciro fatizo ku biribwa bimwe na bimwe bikenerwa cyane, birimo ibirayi, umuceri, ibigori n’imyumbati.

Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda we yakomeje asobanura ko ingamba zo kwirinda Covid-19 ku isi zateje ingaruka z’uko ibyinshi mu bicuruzwa bitumizwa hanze bizakomeza guhenda.

Minisitiri Hakuziyaremye yavuze ko aho bishoboka ko ibiciro byajya hasi ari ibijyanye na sima, kuko habonetse uruganda rushya (Prime Cement) rwunganira urwa CIMERWA, kandi ko kubaka amashuri byasabaga sima nyinshi bizaba byarangiye mu kwezi gutaha.

MINICOM yijeje abahinzi b’umuceri bavuga ko bafite ububiko bwuzuye bwabuze abaguzi, ko bazabona isoko ryawo mu kwezi gutaha ubwo amashuri azaba afunguwe.

Abayobozi muri MINICOM mu kiganiro n'abanyamakuru kuri uyu wa gatatu
Abayobozi muri MINICOM mu kiganiro n’abanyamakuru kuri uyu wa gatatu

Ku bufatanye n’Ikigo gishinzwe guteza imbere Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB), MINICOM ivuga ko igiye gufasha abahinzi kubona umuceri ukundwa n’Abaturwanda ku buryo ngo batazongera gukenera uva hanze.

Iyi Minisiteri yakomeje isobanura ko gahunda ifite ari iyo gufasha ibikorerwa mu Rwanda kubona isoko imbere mu gihugu no hanze, aho ivuga ko irimo gufasha ibigo birenga 150 kohereza umusaruro hanze hifashishijwe ikoranabuhanga.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka