Indege bombardier CRJ900 NextGen ya Rwandair izoroshya ingendo zo mu karere

Kuri uyu wa mbere tariki 22/10/2012, mu Rwanda hageze indi ndege itwara abagenzi yo mu bwoko bwa bombardier CRJ900 NextGen, ikaba ifite imyanya 75, harimo irindwi y’ubucuruzi.

Iyi ndege igiye gutuma ikigo Rwandair cyunguka amafaranga menshi cyahomberaga ku mavuta (benzene) yajyaga mu ndege nini zikorera ingendo mu karere, nk’uko byatangajwe na John Mirenge uyoboye icyo kigo.

Umuyobozi wa Rwandair yongeyeho ko u Rwanda rugiye gushobora guhangana n’izindi kompanyi zikoresha indege nto mu ngendo zo mu karere, kuko zitanywa benzene nyinshi kandi zigashobora kugwa ku bibuga bito.

U Rwanda rugiye gukoresha iyi ndege mu ngendo za hafi na hafi muri Afurika, nko muri Zanzibar muri Tanzania, Sudani y’epfo, Cameroun ndetse na Zambia, hakiyongeraho n’ahandi mu karere Rwandair isanzwe ikorera ingendo.

Abayobozi bakira indege iciriritse ya Rwandair.
Abayobozi bakira indege iciriritse ya Rwandair.

Ministiri w’ibikorwaremezo, Albert Nsengiyumva, ufite mu nshingano gutwara abantu n’ibintu, yatangaje ko iyi ndege atari yo ya nyuma ije, kuko mu minsi mike cyane muri uyu mwaka hazaza indi igira karindwi, ndetse ko umwaka utaha wa 2013 ushobora kuzarangira ikigo Rwandair gifite indege zigera ku 18.

Iyi ndege CRJ900 y’imyanya 75, ngo irengeje miliyoni 20 z’amadolari y’Amerika z’ikiguzi, ikaba yihuta cyane ku muvuduko wa kirometero zibarirwa hagati ya 518 na 882 mu isaha.

Ni iya gatatu mu ndege u Rwanda rufite zitwara abantu benshi, kuko iya mbere mu bunini ifite imyanya 150, naho iya kabiri ikagira imyanya 100.

Simon Kamuzinzi

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Ni byiza ko mwatumenyesha ibiciro tugatangira kwitegura ,mbese ye KIGALI -ZaMBIA ntimwamenyera ibiciro Ngo mubimenyeshe ? Yego rwanda uko ngutekereza niko ugomba kumera !!!!!!!!!!!!!!!!.

jolie yanditse ku itariki ya: 23-10-2012  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka