Imurikagurisha ry’uyu mwaka rizagaragaramo inyamaswa

Imurikagurisha rya munani rizagaragaramo udushya turimo n’inyamaswa zizamurikirwa abazaryitabira; nk’uko bitangaza n’ubuyobozi bw’Urugaga rw’Abikorera (PSF) rutegura iri murikagurisha riba buri mwaka.

Iri murikagurisha rizatangira tariki 25/07/2012 kugeza tariki 08/08/2012, abazaryitabira bifuza kwidagadura bazabasha gutembera ku mafarasi, abandi birebere inyamaswa zitandukanye, nk’uko byatangajwe na Hannington Namara, Umunyamabanga mukuru w’uru rugaga, mu kiganiro n’abanyamakuru tariki 18/07/2012.

Yagize ati: “Hazaba hari udushya twinshi inyamaswa zo kureba ni gahunda nziza no ku rubyiruko ku buryo nabo baza bagatanga uruhare rwabo mu iterambere ry’abikorera”.

Namara yakomeje avuga ko kugeza ubu imyiteguro igenda neza. Abagomba kumurika ibyo bakora bagera kuri 300 baturutse hirya no hino ku isi bamaze kumenyesha ko bazaryitabira kandi n’abandi barakomeza kwiyandikisha.

Kuba ibihugu byo mu karere bizitabira iri rushanwa ukongeraho n’ibindi bya kure nka Leta zunze Ubumwe za Amerika, Malayasia na Singapore, bigaragaza intambwe byabonye ku iterambere ry’ubukungu bw’u Rwanda; nk’uko Namara yakomeje abitangaza.

Yanavuze ko afite icyizere ko iri murikagurisha ryabariwe amafaranga agera kuri miliyoni zigera kuri 271 mu kuritegura, rizazafasha Abanyarwanda kwigira ku bandi ku byo bakora.

Emmanuel N. Hitimana

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Ni agashya noneho aliko turifuza ko baza manura ibiciro kuko ha igihe ujya kugura ibintu ugasanga igiciro gihanitse cyane nti zi impamvu

Icyo twishimiye cyane ni uko hagiye

kuzamo inyamaswa rwose bibaye ubwambere.

Ikindi abandi bakundaga cyane ni umugabo wagendaga
kuri Moto kurukutan rw’inzu y’imbaho ko atongeye kugaruka?Kandi turabashimiye kuba mwatugejeje inkuru y’imurika gurisha kunshuro ya cumi nagatanu niba ntibeshye murakoze.

nizeyimana francois yanditse ku itariki ya: 25-07-2012  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka