Imbuto zo mu Rwanda zabonye isoko i Dubai

Mu mpera z’icyumweru gishize ni bwo imbuto za mbere ziturutse mu Rwanda zageze i Dubai muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE), zikaba zizacuruzwa na sosiyete ikomeye y’ubucuruzi ikorera muri icyo gihugu n’ahandi henshi ku isi ya ‘MAF Carrefour’.

Ambasaderi Hategeka n'abo bari kumwe bashimye imbuto zo mu Rwanda
Ambasaderi Hategeka n’abo bari kumwe bashimye imbuto zo mu Rwanda

Ibyo bibaye nyuma y’aho mu cyumweru gishize na none ari bwo u Rwanda rwasinyanye amasezerano n’iyo sosiye y’uko izajya yakira imbuto zitandukanye zo mu Rwanda ikazigurishiriza mu mashami yayo yose.

Imbuto zatangiye kugezwa muri iryo soko mpuzamahanga ni imineke, avoka, amatunda ndetse n’inanasi.

Ambasaderi w’u Rwanda muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu, Emmanuel Hategeka, ubwo yitabiraga umuhango wo gutangiza icyo gikorwa ku wa 10 Mutarama 2021, yashimiye cyane ubuyobozi bwa MAF Carrefour, kuba bwakinguriye imiryango imbuto zo mu Rwanda nyuma y’igihe gito iyo sosiyete agiranye amasezerano y’imikoranire n’Ikigo cy’igihugu cy’ibyoherezwa mu mahanga bikomoka ku buhinzi (NAEB).

Abaguzi bishimiye imbuto zikomoka mu Rwanda
Abaguzi bishimiye imbuto zikomoka mu Rwanda

Yagize ati “Iyi ni imikoranire ishimishije kandi izazanira inyungu benshi barimo n’abahinzi bo mu Rwanda, abaguzi bo muri UAE bazishimira ubwiza bw’izo mbuto zikomoka mu Rwanda cyane ko RwandAir ijya kenshi i Dubai. Tuzakora ibishoboka kugira ngo umusaruro wiyongere bityo duhaze iri soko”.

Umukozi muri NAEB ushinzwe ibikorwa, Claude Bizimana, we yashimiye cyane iyo sosiyete kuba yagiriye ikizere ibikomoka mu Rwanda.

Ati “Turashimira cyane MAF Carrefour kuri aya masezerano n’ikizere yagiriye ibikomoka ku buhinzi bw’u Rwanda. Abohereza ibicuruzwa mu mahanga bo mu Rwanda biyemeje koherezayo imbuto zishimirwa n’abaguzi, ziryoshye kandi zikabageraho ku buryo buhoraho”.

Iguriro rya Carrefour rikorera mu bihugu 30 birimo ibyo mu Burasirazuba bwo hagati, muri Afurika ndetse no muri Azia, aho rifite ububiko 320 bw’ibicuruzwa rikaba ryakira abakiriya barenga ibihumbi 750 ku munsi.

Ambasaderi Hategeka n'uhagarariye MAF Carrefour mu gutangiza ubwo bufatanye
Ambasaderi Hategeka n’uhagarariye MAF Carrefour mu gutangiza ubwo bufatanye
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 2 )

Dufite Umusaruro w’avoka ariko isoko ry’abo twazigemurira ntabo tuzi

Biramahire yanditse ku itariki ya: 26-02-2024  →  Musubize

Dufite Umusaruro w’avoka ariko isoko ry’abo twazigemurira ntabo tuzi

Biramahire yanditse ku itariki ya: 26-02-2024  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka