Ibidasanzwe mu imurikagurisha mpuzamahanga riteganyijwe muri uku kwezi i Kigali

Urugaga rw’Abikorera mu Rwanda (PSF) rwateguye Imurikagurisha Mpuzamahanga rya 23 rizabera i Gikondo mu Mujyi wa Kigali kuva tariki ya 11 kugeza ku ya 31 Ukuboza 2020.

Inzugi binjiriramo ziriho utwuma bashyiraho itike tukemeza ubuziranenge bwayo hanyuma umuntu akinjira
Inzugi binjiriramo ziriho utwuma bashyiraho itike tukemeza ubuziranenge bwayo hanyuma umuntu akinjira

Iri murikagurisha (Expo) rizitabirwa n’ibigo byo mu Rwanda ndetse no mu mahanga bisaga 450, mu gihe mu bihe bitari ibya covid-19 babaga basaga 600.

Kubera gahunda zo gukumira ikwirakwira rya covid-19, hongerewe imiryango abantu binjiriramo ndetse n’iyo gusohokeramo ku buryo abinjira batazajya bagira aho bahurira n’abasohoka. Iki kikazakumira umubyigano wa hato na hato wajyaga ugaragara mu bihe bya expo mu myaka ishize.

Hubatswe kandi aho gukarabira hahagije hashobora kwakira abagera kuri 20 bahanye intera, ndetse banazirikana abafite ubumuga kuri uru rukarabiro.

Hateguwe urukarabiro rwakira abagera kuri 20 icyarimwe
Hateguwe urukarabiro rwakira abagera kuri 20 icyarimwe

Agace kakiraga imikino y’abana kakuwemo muri uyu mwaka ndetse hashyirwaho itegeko ry’uko iyi expo izitabirwa n’abana bari hejuru y’imyaka 12 . Abandi bazaguma mu rugo.

Iyi expo kandi ntizagaragaramo ibitaramo nk’uko byari bisanzwe mu myaka ishize mu rwego rwo gukumira ibyahuza abantu benshi, ikazanagaragaramo gusa za resitora, gusa abagana resitora bashobora gukenera icyo kunywa bakaba bazagihabwa.

Akandi gashya ni uko hazaba harimo abakorerabushake bazaba bakangurira abantu kubahiriza amabwiriza yo kwirinda covid-19 hakabamo na za camera zizajya zikurikirana uko amabwiriza yo kwirinda covid-19 akurikizwa ahagaragaye ikibazo bagatumaho ababishinzwe bakabikurikirana.

Ikindi abifuza kwitabira imurikagurisha bagomba kumenya ni uko izajya itangira saa tatu za mu gitondo igasoza zaa mbili z’umugoroba.

Aya mafoto aragaragaza uko imyiteguro irimbanyije

Camera zizajya zireba uburyo amabwiriza yo kwirinda Covid-19 akurikizwa, hanacungwa umutekano w'abantu n'ibyabo
Camera zizajya zireba uburyo amabwiriza yo kwirinda Covid-19 akurikizwa, hanacungwa umutekano w’abantu n’ibyabo
Aha ni aho abagiye gusohoka bazajya basohokera kugira ngo badahura n'abinjira
Aha ni aho abagiye gusohoka bazajya basohokera kugira ngo badahura n’abinjira
Imyanya igenerwa abamurika (stands) yavuye kuri 600 igera kuri 450 mu rwego rwo gushakisha intera hagati y'abitabira imurikagurisha
Imyanya igenerwa abamurika (stands) yavuye kuri 600 igera kuri 450 mu rwego rwo gushakisha intera hagati y’abitabira imurikagurisha
Aka ni agace k'urukarabiro kagenewe abafite ubumuga
Aka ni agace k’urukarabiro kagenewe abafite ubumuga

Reba Video isobanura uko imyiteguro ihagaze:

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka