Gihengeri: Inzozi zo kubona isoko vuba zishobora gutinda gusohora

Umuyobozi w’akarere ka Nyagatare avuga ko Gihengeri bashobora kuzabona isoko mu ngengo y’imari ya 2019-2020 nabwo harebwe inyungu ryatanga.

Isoko rya Gihengeri ubu ni uku rimeze
Isoko rya Gihengeri ubu ni uku rimeze

Mushabe David Claudian umuyobozi w’akarere ka Nyagatare avuga ko uyu mwaka w’ingengo y’imari bazasana isoko rya Nyagatare, Rukomo, Mimuli na Rwimiyaga.

Gusa ngo umwaka w’ingengo y’imari 2019-2020 bashobora gutekereza ku isoko rya Gihengeri ariko nanone bikazajyana n’ubushobozi buzaba buhari ndetse n’inyungu rizatanga.

Ati “ Umuntu arabanza akareba amasoko aho ari mu karere ni hangahe? Ese inyungu twakura muri iri soko ugereranije n’irindi soko? Mu bushobozi tuba dufite tugenda tuvuga tuti ahangaha tuzahubaka aha tuzahubaka.”

Mushabe yemeza ko ubundi Gihengeri itari mu hantu hihutirwa hagomba kubakwa isoko.

Avuga ko umwaka w’ingengo y’imari utaha nabwo bazubaka amasoko ariko ngo bakazahitamo aho ryubakwa bitewe n’ahahihutirwa kurusha ahandi bijyanye n’ubushobozi.

Nteziryayo Dismas umuturage mu kagari ka Gihengeri avuga ko kutagira isoko ryubakiye bibateza ibibazo kuko hari ubwo ibicuruzwa byabo byangirika.

Agira ati “ Baramutse baryubatse byadufasha cyane, urabona nk’iyo imvura iguye imyenda iranyagirwa, ibiyenga ( Ibishonga) nk’isabune n’umunyu birangirika, ubundi akarere gakwiye kudufasha kakatwubakira isoko.”

Isoko rya Gihengeri ahanini rizabamo ibiribwa byinshi kandi bitandukanye bihingwa mu turere turyegereye kandi ngo ku giciro gito.

Ni isoko ryitabirwa n’abacuruzi n’abaguzi baturutse I Bwisige mu karere ka Gicumbi, Nyagihanga na Ngarama mu karere ka Gatsibo n’abo mu mirenge y’akarere ka Nyagatare Gihengeri iherereyemo.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka