Burera: Inzu y’ubucuruzi izubakwa ku mupaka wa Cyanika izatwara Miliyari enye

Umuyobozi w’akarere ka Burera atangaza ko inzu y’ubucuruzi igiye kubakwa ku mupaka ugabanya u Rwanda na Uganda, uri mu Cyanika, izuzura itwaye amafaranga y’u Rwanda Miliyari enye.

Samuel Sembagare ntabwo atangaza igihe nyacyo iyo nzu izatangira kubakwa, ariko avuga ko iri mu mihigo y’umwaka wa 2013-2014.

Iyo nzu izaba ari isoko mpuzamahanga, izatuma ubucuruzi bwo mu karere ka Burera butezwa imbere, nk’uko Sembagare abihamya.

Umuyobozi w'akarere ka Burera yasabye abikorera bo muri ako karere kugira uruhare mu iyubakwa ry'inzu yubucuruzi igiye kubakwa.
Umuyobozi w’akarere ka Burera yasabye abikorera bo muri ako karere kugira uruhare mu iyubakwa ry’inzu yubucuruzi igiye kubakwa.

Agira ati: “Hazubakwa inzu ya Miliyari enye. Ni inzu y’ubucuruzi izubakwa hano ku mupaka kugira ngo natwe tumenye ibyo twohereza hanze, tumenye ibyinjiye…iyo ufite umupaka ntuhakirire aba ari ikibazo.”

Iyo nzu izaba igizwe amagorofa atatu. Izubakwa ku nkunga ya Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM). Umuyobozi w’akarere ka Burera ashishikariza abikorera bo muri ako karere kuzagira uruhare mu iyubakwa ryayo.

Ikindi ngo ni uko MINICOM yateganyije amafaranga agomba kubaka iryo soko. Ariko bashyize ho gahunda y’imigabane kugira ngo abaturage bazaryubakirwa bazumve ko ari iryabo. Abanyaburera barashishikariza kugura imigabane kuko umugabane umwe ugura amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 10.

Umupaka wa Cyanika ukoreshwa cyane n'Abanyarwanda, Abagande, ndetse n'Abanyekongo.
Umupaka wa Cyanika ukoreshwa cyane n’Abanyarwanda, Abagande, ndetse n’Abanyekongo.

Abanyaburera bamarwa impungenge babwirwa ko amafaranga bazagura imigabane batazayahomba, kuko uko iryo soko rizajya ryinjiza amafaranga, amafaranga yabo nayo azajya yunguka.

Ubusanzwe ku mupaka wa Cyanika nta mazu y’ubucuruzi akomeye ahagaragara. Inzu y’ubucuruzi ihari, nayo itangiye gukorerwa mo vuba ni “Selling Point”, ihurizwa mo ibicuruzwa bitandukanye byera muri Burera, bigacururizwamo.

Umupaka wa Cyanika ukoreshwa cyane n’abanyarwanda, bajya muri Uganda, Abagande baza mu Rwanda, ndetse n’abanyekongo baza mu Rwanda, baturutse mu mujyi wa Bunagaga uri hafi y’akarere ka Burera.

Ibyo bigaragaza ko urwo rujya n’uruza rubyara ubuhahirane. Usibye iryo soko rigiye kubakwa ku mupaka wa Cyanika. Hari n’irindi soko riri kubakwa muri santere ya Nyagahinga, mu murenge wa Cyanika, hafi y’umupaka ugabanya u Rwanda na Uganda.

Norbert NIYIZURUGERO

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka