Ngoma: Inzara yiswe Gashogoro iterwa no kotsa imyaka

Kuba inzara yiswe Gashogoro ihora igaruka buri mwaka mu karere ka Ngoma ngo biterwa nuko Abanyangoma botsa imyaka (kugurisha imyaka ikiri mu mirima) bigatuma batizigamira ngo bahunike imyaka.

Ubwo umuyobozi w’akarere ka Ngoma yafunguraga ku mugaragaro inama ya Access to Finance Forum yavuze ko muri aka karere muri aya mezi haba inzara isa naho yabaye karande. Ibyo ngo biterwa nuko nta muntu ukizigamira ibyo kurya.

Yagize ati “Umuhinzi arahinga ibigori akabigurishiriza mu murima, akabinywera kandi aziko azakenera kurya. Niyo mpamvu inzara nk’iyi ya Gashogora iguma igaruka buri mwaka. Nta muntu ugihunika umufuka w’imyaka mu rugo”.

Ibitoki byaragabanutse ku isoko kandi bisigaye bihenda.
Ibitoki byaragabanutse ku isoko kandi bisigaye bihenda.

Abaturage nabo bemeranywa n’umuyobozi w’akarere kuri icyo kibazo ariko usanga bavuga ko hari n’ababiterwa n’ubukene ndetse n’inyota nyinshi y’ifaranga isigaye yarateye mu bantu.

Umuhinzi umwe twavuganye yabisobanuye atya: “None se ubu waburara kandi ufite umurima w’ibigori kandi hari umuntu uri kuguha amafaranga ngo azisarurire? Yego hari ababigurisha bashaka kujya kuyanywera ariko siko biri kuri bose.”

Inzara bita Gashogoro iramenyerewe muri aka karere ndetse no mu ntara y’Uburasirazuba mu kwezi kwa cyenda kugera mu kwezi kwa kumi n’abiri hagaragara izamuka ry’ibiciro by’ibiribwa nka kimwe mu kimenyetso cy’inzara.

Jean Claude Gakwaya

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka