Ubuholandi bwarekuye inkunga bwari bwarahagarikiye u Rwanda
Minisitiri w’Iterambere mpuzamahanga w’Igihugu cy’Ubuholandi, Lilianne Ploumen yatangaje ko igihugu cye cyarekuye inkunga cyari cyarahagarikiye u Rwanda.
Mu mwaka wa 2012, ibihugu bitandukanye by’Iburayi harimo n’Ubuholandi byahagaritse inkunga byateraga u Rwanda, birushinja gufasha umutwe wa M23 warwanyaga Leta ya Congo.
Nyuma yo kumenya ukuri ku birebana n’umutwe wa M23, byinshi muri ibi bihugu bimaze guhindura icyemezo byari byafatiye u Rwanda, aho bikomeje kurekura inkunga zabyo zoherezwaga mu gihugu.
Nkuko yabigejeje ku nteko ishinga amategeko y’igihugu cy’Ubuholandi kuri uyu wa gatatu tariki 07/05/2014, Minisitiri Lilianne Ploumen yatangaje ko igihugu cye cyarekuye iyi nkunga kubera ibikorwa bitanduka u Rwanda rurimo byo kugarura amahoro hirya no hino mukarere.

Inkunga Ubuholande bwageneye u Rwanda ingana na Miliyoni 32 z’Amayero, ahwanye na miliyari na miliyoni Magana abiri na mirongo irindwi n’ebyiri z’amafaranga y’u Rwanda (Rwf 30,272,000,000), akazatangwa mu gihe cy’imyaka ine; guhera uyu mwaka kugera mu mwaka wa 2017.
Arenga kimwe cya kabiri cy’iyi nkunga angana na miliyoni 20 z’Amayero azashyirwa mu mu rwego rw’Ubutabera, aho miliyoni 5 z’amayero zizajya zitangwa buri mwaka, naho miliyoni 12 zisigaye zinyuzwe mu miryango y’Ubuhorandi itegamiye kuri Leta ikora ibikorwa bitandukanye mu Rwanda.
Dan Ngabonziza
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|