Sinumva ukuntu ubukungu bwazamutse, ibiciro ku isoko bikiyongera - Umuturage
Mushimiyimana Marie Rose witabiriye Umushyikirano w’Igihugu aturutse mu Karere ka Ruhango yabajije uko ubukungu bw’Igihugu buhuzwa n’izamuka ry’ibiciro ku masoko.
Iki kibazo yakibajije nyuma y’uko Minisitiri w’Intebe agaragaje ko ubukungu bw’Igihugu bwiyongereye mu byiciro bitandukanye ndetse ko muri gahunda ya Guverimona ya NST2 buzakomeza kwiyongera.
Ati “Ndashima ikiganiro cyiza kimaze gutangwa ku iterambere ry’ubukungu rirambye, ariko nahise ngiraho ikibazo, ni byiza koko ubukungu bw’Igihugu buri kwihuta kandi Igihugu cyacu cyateye imbere ku buryo byivugira ariko mfite ikibazo kirebana n’izamuka ry’ibiciro ku isoko ese ubushobozi bw’umuturage buhuzwa bute n’iterambere rirambye dore ko ibiciro ku isoko bizamuka umunsi ku wundi?”
Minisitiri w’Imari n’Igenamigambi, Murangwa Yusuf, yavuze ko izamuka ry’ibiciro ku masoko rituruka ku musaruro muke w’ubuhinzi ugereranyije n’abaturage.
Ati “Umusaruro w’ubuhinzi uracyari mucye. Nk’uko Minisitiri w’Ubuhinzi yabivuze, turasabwa gukora cyane tukazamura umusaruro ukaba ujyanye n’ubwiyongere bw’abaturage”.
Ikigo cy’Igihugu cy’Ibarurishamibare (NISR), cyatangaje ko ibiciro byo mu Rwanda bikomatanyije ku masoko yo mu mijyi no mu cyaro, byiyongereyeho 5,1% ugereranyije n’uko byari bihagaze mu 2024.
Ni imibare NISR yashyize hanze tariki 10 Ukuboza mu mwaka ushize wa 2025.
NISR igaragaza kandi ko muri Nzeri 2025, ibiciro byari byiyongereyeho 6,2%. Bimwe mu byatumye ibiciro byiyongera mu kwezi k’Ukwakira 2025 ni ibiciro by’ibiribwa n’ibinyobwa bidasembuye byiyongereyeho 1%, ibiciro by’ibinyobwa bisembuye n’itabi byiyongereyeho 15%, ibiciro by’inzu, amazi, amashanyarazi, gazi n’ibindi bicanwa byiyongereyeho 4,8%.
Hari kandi ibiciro by’ibijyanye n’ubuvuzi byiyongereyeho 62,7%, ibiciro by’ibijyanye n’ubwikorezi byiyongereyeho 6,9% n’ibiciro by’amafunguro n’icumbi byiyongereyeho 18,1%. Ugereranyije Ukwakira 2025 na Nzeri 2025, ibiciro byiyongereyeho 1%.
Iri zamuka ryatewe ahanini n’ibiciro by’ibiribwa n’ibinyobwa bidasembuye byiyongereyeho 0,7% n’ibiciro by’inzu, amazi, amashanyarazi, gazi n’ibindi bicanwa byiyongereyeho 2,8%.
Mu Ukwakira 2025, ibiciro mu mijyi honyine byiyongereyeho 7,1% ugereranyije n’Ukwakira 2024. Ibiciro mu kwezi kwa Nzeri 2025 byari byiyongereyeho 7,3%.
Byiyongereye bitewe ahanini n’ibiciro by’ibiribwa n’ibinyobwa bidasembuye byiyongereyeho 1,6%, ibiciro by’ibinyobwa bisembuye n’itabi byiyongereyeho 16%, ibiciro by’inzu, amazi, amashanyarazi, gazi n’ibindi bicanwa byiyongereyeho 7,5%, ibiciro by’ibijyanye n’ubuvuzi byiyongereyeho 71,3%, ibiciro by’ibijyanye n’ubwikorezi byiyongereyeho 8,5% n’ibiciro by’amafunguro n’icumbi byiyongereyeho 19,1%.
Ibiciro mu cyaro
Mu Ukwakira 2025, ibiciro mu cyaro byiyongereyeho 3,8% ugereranyije n’Ukwakira 2024. Ibiciro mu kwezi kwa Nzeri 2025 byari byiyongereyeho 5,5%.
Bimwe mu byatumye ibiciro byiyongera mu Ukwakira 2025 ni ibiciro by’ibiribwa n’ibinyobwa bidasembuye byiyongereyeho 0,8%, ibiciro by’ibinyobwa bisembuye n’itabi byiyongereyeho 14,6%, ibiciro by’ibijyanye n’ubuvuzi byiyongereyeho 55% n’ibiciro by’amafunguro n’icumbi byiyongereyeho 17%.
Inkuru zijyanye na: Umushyikirano 20
- Dore imyanzuro yafatiwe mu Nama y’Umushyikirano yateranye ku nshuro ya 20
- Abarezi bahangayikishijwe n’abangavu baterwa inda
- MINISANTE yijeje gutanga serivisi zinoze kandi zegereye abaturage
- Ubu turi mu miyoborere izira ‘cachot, cachet na cash’
- Turasaba ko mwanoza gahunda y’imiturire kuko ikigaragaramo ibibazo - Umuturage
- Perezida Kagame : Ubwenge n’ubushobozi murabufite, ni iki kitubuza gutera imbere?
- U Rwanda rwahisemo imiyoborere myiza igaragara mu buzima bwa buri munsi bw’umuturage
- Ikibazo si ugushyira umukono ku masezerano, ikibazo ni ubushake bwa Politiki - Min. Nduhungirehe
- Umushyikirano ni umwanya mwiza wo gusuzuma ibyagezweho - Depite Mukabalisa Germaine
- Nimuhumure Imana yo izi kuringaniza - Perezida Kagame
- Umunyarwenya yatumiye Perezida Kagame mu ‘Isetsa Rusange’
- U Rwanda ni umufatanyabikorwa wizewe, uhamye kandi wubahwa - Minisitiri Nduhungirehe
- Ikibazo cya serivise z’ibyangombwa by’ubucuruzi cyongeye kugaruka mu Mushyikirano
- Abatuye Ngoma batakambiye Perezida Kagame ngo abagarurire Kaminuza ya INATEK
- Abakoresha imbuga nkoranyambaga mu Rwanda barasaba koroherezwa kuzibyaza amafaranga
- Abiga amashuri yisumbuye bikubye inshuro zirenga 20 mu myaka 32 ishize
- Umuyobozi w’urwego rw’abanyamakuru bigenzura yasabye Leta kugira amafaranga igenera abanyamakuru
- Kuki u Rwanda rutarega Congo?
- Amasezerano ya DRC n’u Rwanda i Washington twaranayasengeye - Min. Nduhungirehe
- Umushyikirano 20: Umunsi wa mbere mu mafoto
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|
|