Rutsiro: Kubuzwa kuroba mu kivu kandi beza igihingwa kimwe bihungabanya imibereho yabo

Abatuye ikirwa cya Bugarura giherereye mu murenge wa Boneza ho mu karere ka Rutsiro baratangaza ko imibereho yabo itari myiza kubera ko babuzwa kuroba mu kiyaga cya Kivu kandi bateza imyaka kuko hera igihingwa cy’ikawa gusa.

Kuri uyu wa gatatu tariki ya 12/11/2014 ubwo abayobozi batandukanye b’akarere harimo n’abashinzwe umutekano babasuraga mu nama yo kwibukiranya gucunga umutekano w’u Rwanda, abaturage baboneyeho umwanya wo kugaragaza impungenge y’ubuzima bwabo bitewe no kuteza imyaka kandi bakanabuzwa kuroba.

Abaturage batangaza ko babayeho nabi kubera kubuzwa kuroba.
Abaturage batangaza ko babayeho nabi kubera kubuzwa kuroba.

Mbahungirehe Léonard yagize ati “imibereho yacu tuyikesha ikiyaga cya Kivu none batubujije kukirobamo kandi hano ntitweza bivuze ko tubayeho nabi”.

Mugenzi we witwa Uwamahoro Angélique nawe yabwiye Kigali Today ko babayeho nabi bakaba basaba ubuyobozi bw’akarere kubemerera kuroba dore ko umugabo we ngo yatungaga umuryango abikesha kujya mu kivu gushaka amafi n’isambaza.

Ku kirwa cya Bugarura beza ikawa gusa.
Ku kirwa cya Bugarura beza ikawa gusa.

Ku ruhande rw’ubuyobozi bw’akarere, butangaza ko nta muturage wemerewe kuroba atari mu ishyirahamwe kuko bidatanga umusaruro ukomoka ku burobyi, nk’uko Nsanzimfura Jean Damascène, umuyobozi w’akarere wungirije ushinzwe imari n’iterambere ry’ubukungu yabitangaje.

Ati “impamvu tubuza abaturage kuroba batari mu mashyirahamwe nta musaruro ukomoka ku burobyi uboneka kuko barobesha imitego itemewe bityo bakangiza amafi atarakura akaba ariyo mpamvu tubakangurira kwibumbira mu mashyirahamwe”.

Nsanzimfura asaba abaturage kubanza kwishyira hamwe ngo babone kuroba mu kiyaga cya Kivu.
Nsanzimfura asaba abaturage kubanza kwishyira hamwe ngo babone kuroba mu kiyaga cya Kivu.

Nsanzimfura yanavuze ko uretse imyumvire y’abaturage ikiri hasi kujya mu mashyirahamwe bitagoye ariko ngo bazakomeza kubigisha kugeza ubwo bazabyumva.

Abaturage batuye ikirwa cya Bugarura basaga 1950. Uretse kuroba nta buhinzi cyangwa ubucuruzi buhambaye bakora. Iki kirwa gifite imidugudu 2 ariyo Bugarura na Rutagara kikaba gifite ubuso bwa hegitari 120.

Ikirwa cya Bugarura gituwe n'abaturage basaba 1950
Ikirwa cya Bugarura gituwe n’abaturage basaba 1950

Mbarushimana Aimable

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka