Rugeshi: Umuhanda bakorewe ngo watumye ikiro k’ibirayi kiva ku mafaranga 50 kigera ku 120

Bamwe mu baturage bo mu midugudu ya Rugeshi, Kanyaru, Kinkenke, Rwanamiza, Kazibake na Kinyangagi yo mu Murenge wa Mukamira mu Karere ka Nyabihu bavuga ko umuhanda wabakorewe uva ku muhanda wa Kaburimbo ku Mukamira ukagera mu Mudugudu wa Kinkenke watumye agaciro k’umusaruro wabo kazamuka, aho ibirayi byavuye ku mafaranga 50 ku kiro bigera ku mafaranga 120.

Munyandamutsa Innocent, umwe muri bo, agira ati “Uyu muhanda uhuza imidugudu myinshi. Dukurikije ukuntu ibintu bimeze,ubu umuhinzi ntabwo yaguyemo cyane uyu mwaka kuko ikiro k’ibirayi cyari ku 120”.

Ikiro cy'ibirayi cyavuye ku mafaranga 50 kigera ku 120 bitewe n'umuhanda bakorewe.
Ikiro cy’ibirayi cyavuye ku mafaranga 50 kigera ku 120 bitewe n’umuhanda bakorewe.

Abajijwe ayo cyaguraga umuhanda utarakorwa,atangaye cyane yagize ati “ eeee!!!umuhanda utarakorwa cyaguraga na 30, cyarazamutse cyane”.

Akomeza avuga ko kuba uyu muhanda warakozwe ari kimwe mu by’iterambere bikomeye bagejejweho muri aka gace.

Nzayirwanda Ramazani, undi muturage, we ati “Uyu muhanda utarakorwa nta majyambere hano yari ahari,ariko aho umariye gukorwa imodoka ziraza zikadupakirira ibirayi urumva turi gutera imbere twe”.

Abaturage bavuga ko uretse kongera igiciro ibikomoka ku buhinzi,uyu muhanda bakorewe wanabakuye mu bwigunge woroshya imigenderanire.
Abaturage bavuga ko uretse kongera igiciro ibikomoka ku buhinzi,uyu muhanda bakorewe wanabakuye mu bwigunge woroshya imigenderanire.

Akomeza avuga ko nk’izina bumva baha uyu muhanda wabakorewe,bawita “Tuzamurane”. Yongeraho ko utarakorwa igiciro k’ibirayi kitajyaga hejuru y’amafaranga 50 mu gihe ubu wakozwe ari 120 ku kiro k’ibirayi.

Umukecuru uvuga ko yitwa Irena na we avuga ko umuhanda utarahagera byasabaga ko bashaka ababakurira ibirayi bakabijyana ku Mukamira. Yaba kubikura,yaba kubipakira no kubyikorera babijyana,ngo byose byasabaga amafaranga bigatuma umuhinzi agwamo.

Yongera ko ubu,umuhanda wabegereye ku buryo ubikuye ahita abigeza ku muhanda imodoka zikaza zikabifata ku giciro cyiza kandi uwabikuye n’ubigeza ku modoka ntibahende kuko baba babijyana hafi.

Abaturage barifuza ko n'iki gice cyasigaye kidakoze kijya mu misozi y'ibirunga mu Midugudu ya Kinyangagi,na ho hakorwa kuko muri ako gace hava naho umusaruro mwinshi.
Abaturage barifuza ko n’iki gice cyasigaye kidakoze kijya mu misozi y’ibirunga mu Midugudu ya Kinyangagi,na ho hakorwa kuko muri ako gace hava naho umusaruro mwinshi.

Kuri ubu ngo ikibazo aba baturage basigaranye,ni uko uyu muhanda wakorwa ukarangira kuko bawukora bageze ahari amabuye barahagarara nyamara kandi ngo no mu midugudu yo haruguru hafi y’ishyamba rya Pariki y’Ibirunga haboneka umusaruro mwinshi. Ikifuzo cyabo akaba ari uko bishobotse bawukomeza.

Imihanda ni bimwe mu bikorwa remezo by’ingenzi bizamura iterambere n’imibereho y’abaturage. Uyu muhanda abaturage bakorewe babarira mu birometero bisaga 3 bakaba bavuga ko uretse kubakura mu bwigunge, ukanoroshya imigenderanire, wanazamuye agaciro k’umusaruro wabo.

Safari Viateur

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka