Minisitiri w’Intebe yitabiriye inama ya COMESA i Kinshasa
Minisitiri w’intebe w’u Rwanda, Dr Pierre Damien Habumuremyi, yageze i Kinshasa ku gicamunsi cya taliki 25/2/2014 mu nama y’umuryango w’isoko rusange ry’ibihugu by’Afurika yo hagati n’iburasirazuba (COMESA).
Uyu muryango usanzwe uyoborwa na Perezida wa Uganda, Yoweri Museveni, inama yawo ibereye i Kinshasa kugira ngo ubuyobozi bwakirwe na Perezida Joseph Kabila, naho ibizibandwaho akaba ari ikibazo cy’umutekano n’iterambere mu karere.
Iyi nama yari iteganyijwe kwitabira n’abayobozi ba Guverinoma n’abayobozi b’ibihugu, u Rwanda rukaba ruhagarariwe na Minisitiri w’intebe Dr Pierre Damien Habumuremyi, Uganda ihagararirwa na Perezida Yoweri Museveni, Kenya ihagararirwa na Vice perezida wa William Ruto naho Zimbabwe ihagararirwa na Perezida Robert Mugabe.
Abandi bayobozi bitabiriye iyi nama barimo Perezida wa Zambiya Michael Sata, Vice président w’u Burundi, Gervais Rufyikiri, Perezida wa Sudani Omar al Bechir, Perezida wa Malawi Joyce Banda hamwe na Ismail Omar Guelleh Perezida wa Djibouti.
Visi-Perezida wa Kenya William Ruto akigera Kinshasa taliki ya 25/2/2014 yatangaje ko inama ya 17 ya COMESA izaganira ku kongera imirimo ku rubyiruko rugize uyu muryango, avuga ko ikibazo cy’ubuhahirane n’ubwikorezi kigomba kuganirwaho kuko bugifite ingorane kandi hakoreshejwe inzira ya gari ya moshi byagenda neza.
Ruto avuga ko nubwo gushyiraho ubuhahirane bicyenewe mu karere hakiboneka ikibazo cy’imitwe yitwaza intwaro kandi yabangamira ubwikorezi, kuburyo asanga hakwiye kubanza gukurwaho iyi mitwe kugira ngo ubutwererane mu bihugu bigize umuryango wa COMESA bwiyongere.
Muri iyi nama kandi hagomba kurebwa ku korohereza kwambukiranya imipaka kw’abantu n’ibintu mu buhahirane, iterambere ry’ubuhinzi, kongera ubukungu mu birebana n’ubucuruzi mu bihugu bigize COMESA, guteza imbere ubucyerarugendo no kongera ingufu zikomoka ku mashanyarazi.
Inama yabanjirijwe n’iy’impugucye zabanje kwiga ingengo y’imari uyu muryango ugomba gukoresha muri uyu mwaka wa 2014 yiyongereyeho 8 868 304 ivuye kuri miliyoni 82 z’amadolari agomba gutangwa n’ibihugu bigize COMESA.
Cyakora n’ubwo aya mafaranga agaragara nkaho ari menshi ibihugu bisabwa kuzatanga agera kuri miliyoni 14 z’amadolari naho abafatanyabikorwa ba COMESA bagatanga agera kuri miliyoni 70, umunyamabanga wa COMESA akaba afite impungenge z’ubucyererwe bw’umugabane ibihugu bisabwa gutanga.
Umunyamabanga wa COMESA, Nagla El-Hussainy, avuga ko aya mafaranga yashyirwa mu bikorwa byo gutegura ubuhahirane mu bihugu bigize COMESA mu kongera itarambere mu bucuruzi bw’ibigo n’inganda zo mu karere.
Umuryango wa COMESA ugizwe n’ibihugu 19 ukaba ufite inshingano yo guteza imbere ubuhahirane bw’ibihugu n’ababituye, isoko rusange muri uyu muryango ryatangiye mu Ukuboza 1994 mu gishyira mu bikorwa amasezerano yasinywe mu mwaka w’1981, COMESA ibarwa kuba ifite abaturage bagera kuri miliyoni 390 bashobora kwinjiza miliyari 170 z’amadolari nk’uko byagaragajwe muri 2006.
Sylidio Sebuharara
Inkuru zijyanye na: Dr. Pierre Damien Habumuremyi
- Urukiko rwategetse ko Dr. Habumuremyi afungwa iminsi 30 by’agateganyo
- Dr. Habumuremyi yangiwe kuburanira mu muhezo
- Dr. Habumuremyi arahakana ibyaha aregwa, yasabye ko urubanza rubera mu muhezo
- MINEDUC yatangaje izindi Kaminuza ebyiri zahagaritswe
- Dr Habumuremyi yafunzwe ashinjwa gutanga sheki zitazigamiye n’ubuhemu
- HEC siyo ifunga amashuri ahubwo ni twe tubyitera- Dr.Habumuremyi Damien
- CHENO irasaba aho gukorera hari ubwinyagamburiro
- Dr. Habumuremyi wigeze kuba Minisitiri w’Intebe yahawe inshingano nshya
- Minisitiri w’Intebe yamuritse igitabo yamagana abanyepolitiki boretse u Rwanda bashingiye ku mazuru
- Minisitiri w’Intebe arizeza ko “Ndi Umunyarwanda” itagenewe gushyira inkeke ku Bahutu
- Minisitiri w’Intebe Dr. Habumuremyi yikomye abapfobya gahunda ya “Ndi Umunyarwanda”
- Isura ya ruswa yaranze ubuyobozi bwo muri Afurika igomba kuvaho - Minisitiri Habumuremyi
- Minisitiri w’intebe arakangurira urubyiruko kuba ibisubizo ku bibazo aho kubitera
- Ministiri w’intebe yabwiye abashinjacyaha barahiye ko atari bo kamara nibadashishoza
- Gakenke: Minisitiri w’intebe yatangije kampanye y’iminsi igihumbi yo kurwanya imirire mibi ku mwana n’umubyeyi
- Minisitiri w’intebe arizera ko hari byinshi za kaminuza zakongera ku buhinzi bwo mu Rwanda
- Minisitiri w’Intebe yasuye abakomerekeye mu mpanuka yabereye i Kirehe
- Minisitiri w’Intebe arasaba Abanyarwanda kumenya igihugu aho gupfusha wikendi yabo mu tubari
- Minisitiri w’Intebe yaterwaga ipfunwe na Leta zakurikiye ubwigenge
- “Nta mahane abatuye habi bagomba guteza, imibare iteye ubwoba”, Ministiri w’Intebe
Ibitekerezo ( 1 )
Ohereza igitekerezo
|
uyu muyobozi wacu aduhagararire neza kandi ibitekerezo bye bibe ingenzi muri gahunda zitangarizwa muri iyi nama