Leta y’u Rwanda ifasha ushaka kwiteza imbere wese - Misitiri w’Intebe
Minisitiri w’Intebe, Dr. Dr Pierre Damien Habumuremyi, arasaba Abanyarwanda bose kwitabira ibikorwa bibateza imbere kandi agahamya ko Guverinoma izafasha cyane abazagaragaza ubushake bwo kwiteza imbere bose.
Ubwo yatangizaga ukwezi kwahariwe imiyoborere myiza mu Rwanda ku nshuro ya kabiri, tariki 22/01/2013 mu Karere ka Rwamagana, minisitiri yavuze ko Leta y’u Rwanda itazigera izuyaza gufasha buri wese mu baturage bayo ushaka kwiteza imbere.
Abaturage b’i Rwamagana babwiye Minisitiri w’Intebe ko bashishikariye kuvana amaboko mu mifuka bagakora ibibateza imbere, maze Minisitiri w’Intebe yemerera uwitwa Habimana Jean Nepo kuzamwuzuriza inzu yari yaratangiye kubaka, ariko inguzanyo uwo Habimana yari yarasabye banki yo kubaka akazayikoresha mu mushinga yatekereza ubyara inyungu.
Minisitiri w’Intebe yagize ati “Leta y’u Rwanda isanzwe itera inkunga abaturage bayo bose ngo biteze imbere, ndetse ni umuco mwiza Abanyarwanda basanganywe wo guha umuganda umuntu wese wagaragaje ko yashyizeho ake, agashyiramo imbaraga ze mu kwiyubakira. Ku bw’ibyo rero Guverinoma iteye inkunga yo kuzuriza inzu Habimana, maze amafaranga yari yaragujije yo kubaka azayashore mu mushinga uzamubyarira inyungu maze atere imbere.”
Minisitiri w’Intebe yemeje kandi ko Guverinoma izahora ifasha mu buryo bunyuranye abafite ubushake bwo kwiteza imbere bose.
Uyu Habimana Jean Nepo azwi muri Rwamagana ko yari umuturage w’umukene, waje guhabwa inguzanyo yahabwaga abakene kuruta abandi muri gahunda yiswe Vision 2020 Umurenge Program yarebaga Imirenge ikennye ikayifasha gutera imbere.
Habimana Jean Nepo ngo yakoresheje neza inkunga yahawe, atangira kwiyubakira inzu, akajya akoresha amaboko ye akabona amafaranga akishyura akongera agasaba inguzanyo. Ubwo Minisitiri w’Intebe yageraga i Rwamagana, ngo Habimana yari asigaje imirimo ya nyuma yo kunoza inzu ye ashyiramo isima n’amarangi.
Aha niho Minisitiri w’Intebe yavuze ko Guverinoma imuhaye umuganda, inguzanyo yari yarasabiye gusoza iyo mirimo akazayikoresha mu mushinga wunguka azakora ukamubera aho avana agafaranga mu bihe biri imbere.
Minisiitiri w’Intebe yavuze ko u Rwanda rukeneye abantu bashyiraho akabo mu kwiteza imbere nka Habimana n’abandi bakomeje kwiteza imbere mu gihugu. Aba bose, ndetse n’abandi bataratangira, ngo Guverinoma y’u Rwanda izakomeza kubafasha mu buryo bukwiye, ariko abafite ubushake bose batere imbere.
Ahishakiye Jean d’Amour
Inkuru zijyanye na: Dr. Pierre Damien Habumuremyi
- Urukiko rwategetse ko Dr. Habumuremyi afungwa iminsi 30 by’agateganyo
- Dr. Habumuremyi yangiwe kuburanira mu muhezo
- Dr. Habumuremyi arahakana ibyaha aregwa, yasabye ko urubanza rubera mu muhezo
- MINEDUC yatangaje izindi Kaminuza ebyiri zahagaritswe
- Dr Habumuremyi yafunzwe ashinjwa gutanga sheki zitazigamiye n’ubuhemu
- HEC siyo ifunga amashuri ahubwo ni twe tubyitera- Dr.Habumuremyi Damien
- CHENO irasaba aho gukorera hari ubwinyagamburiro
- Dr. Habumuremyi wigeze kuba Minisitiri w’Intebe yahawe inshingano nshya
- Minisitiri w’Intebe yitabiriye inama ya COMESA i Kinshasa
- Minisitiri w’Intebe yamuritse igitabo yamagana abanyepolitiki boretse u Rwanda bashingiye ku mazuru
- Minisitiri w’Intebe arizeza ko “Ndi Umunyarwanda” itagenewe gushyira inkeke ku Bahutu
- Minisitiri w’Intebe Dr. Habumuremyi yikomye abapfobya gahunda ya “Ndi Umunyarwanda”
- Isura ya ruswa yaranze ubuyobozi bwo muri Afurika igomba kuvaho - Minisitiri Habumuremyi
- Minisitiri w’intebe arakangurira urubyiruko kuba ibisubizo ku bibazo aho kubitera
- Ministiri w’intebe yabwiye abashinjacyaha barahiye ko atari bo kamara nibadashishoza
- Gakenke: Minisitiri w’intebe yatangije kampanye y’iminsi igihumbi yo kurwanya imirire mibi ku mwana n’umubyeyi
- Minisitiri w’intebe arizera ko hari byinshi za kaminuza zakongera ku buhinzi bwo mu Rwanda
- Minisitiri w’Intebe yasuye abakomerekeye mu mpanuka yabereye i Kirehe
- Minisitiri w’Intebe arasaba Abanyarwanda kumenya igihugu aho gupfusha wikendi yabo mu tubari
- Minisitiri w’Intebe yaterwaga ipfunwe na Leta zakurikiye ubwigenge
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|